Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abo Muri EAC Bahanze Imishinga Y’Ikoranabuhanga Mu By’Ubuzima Bahembwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Rwanda: Abo Muri EAC Bahanze Imishinga Y’Ikoranabuhanga Mu By’Ubuzima Bahembwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 6:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali mu Kigo cyitwa Norrsken habereye igikorwa cyo guhemba abakoze imishinga igamije gutanga ibisubizo mu rwego rw’ubuzima. Ni imishinga yakozwe mu rwego rw’ikoranabuhanga, ikaba yarakozwe n’urubyiruko n’abandi ba rwiyemezamirimo bo mu  Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba, EAC.

Umwe mu Banyarwanda[kazi] bahataniye ibi bihembo witwa Iraguha Peace Ndoli avuga ko gukora umushinga wo gufasha Abanyarwanda kumenya ko barwaye diyabete cyangwa izindi ndwara zitandura ari ikintu yatekereje ko cyagirira benshi akamaro.

Ni igikorwa avuga ko cyafasha buri Munyarwanda kumenya uko isukari iri mu mubiri we ingana, uko ibintu bimeze kugira ngo amenye uko yagana muganga akamwitaho.

Iraguha Peace Ndoli  ati: “ Nakoze ‘app’ ituma umuntu ashobora kumenya niba arwaye indwara runaka yandura harimo na Diyabete. Bizafasha abantu kumenya uko bagana abaganga bakabitaho.”

Ndoli avuga ko kugira ngo bafashe umuntu kumenya uko ubuzima bwe bumeze cyane cyane mu kumenya niba arwaye indwara itandura, babikora babinyujije mu kumubaza ibibazo.

Ngo uko agenda asubiza niko bamenya niba afite ikibazo runaka hanyuma iyo app ikamuha igisubizo.

Yunzemo ko uko umuntu asubiza neza ibyo bamusaba, ari nako bamugenera ibihembo birimo ibyamufasha guhangana n’uburwayi bwe urugero nko kumufasha kubona aho akorera imyitozo ngororamubiri n’ibindi.

Ku rundi ruhande, avuga ko hari imbogamizi bahura nazo mu by’amategeko kubera ko mu gutanga amakuru avuga k’ubuzima hari ubwo basanga hari ibyo amategeko adafungura, bikabasaba gusaba uburenganzira, bikabatwara igihe.

Ngo ni ubucuruzi bita ‘online pharmacy.

Umuyobozi w’Ikigo Novartis Foundation, iki kikaba ari ikigo cyateguye biriya bihembo, witwa Ann Aerts avuga ko basanze ari ngombwa ko imishinga igamije guteza imbere urwego rw’ubuzima nayo iterwa inkunga nk’uko bigenda ku yindi mishinga irimo n’iy’ubucuruzi.

Ann Aerts aganira n’itangazamakuru

Ati: “ Mu ugutangiza iri rushanwa turashaka gufasha imishinga mito igamije guteza imbere urwego rw’ubuzima kandi tugomba kureba imishinga ikomeye izazana ibisubizo”

Aerts ukomoka mu Busuwisi avuga ko uretse no kuba abakoze iriya mishinga bazabihemberwa, ngo hbafite amahirwe yo kuzakomeza gukorana n’abandi bashoramari bashobora kuzishimira gukomeza gukorana nabo mu iterambere ry’iyo mishinga.

Norresken ni ahantu abahanga mu ikoranabuhanga bahurira bagahanga udushya

Uretse abahanga bo mu ikoranabuhanga bo muri EAC baje muri iyi nama izanahemberwamo abahize abandi muri iriya mishinga, hari n’abandi baje baturutse muri Senegal.

Ubusanzwe HealthTech Hub Africa ni ikigo nyafurika kigamije guha urubuga abantu bashaka guhanga udushya mu  ikoranabuhanga ritanga ibisubizo mu by’ubuzima haba mu Rwanda cyangwa muri Afurika.

Umuntu uri butsinde  ari uwa mbere mu marushanwa ya Health Tech Hub arahembwa $50,000, uwa kabiri ahembwe $30,000 n’aho utsinda ari uwa gatatu ahembwe $20,000.

Abafite imishinga myiza barabihemberwa
TAGGED:EACfeaturedIkoranabuhangaKigaliRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mahama: Impunzi Zamaganye Ubwicanyi Bukorerwa Abavuga Ikinyarwanda Muri DRC
Next Article Dr. Kalibata Ashima Intambwe Y’Afurika Mu Kongerera Agaciro Ibikomoka Ku Buhinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?