Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2023 7:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Airtel Rwanda bwatangije murandasi  y’igisekuru cya kane( Fourth Generation, 4G). Ni murandasi yakozwe na  Airtel-Rwanda ubwayo,  ikazahabwa abantu bose ku giciro bari basanzwe baguriraho murandasi y’igisekuru cya 3: 3G.

Umuyobozi wa Airtel Rwanda Emmanuel Hammez avuga ko kuba Airtel Rwanda ari yo ibaye iya mbere izanye iriya murandasi ari icyerekana ko ihagaze neza ku isoko ry’itumanaho n’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Avuga ko iriya murandasi izafasha abantu b’ingeri zose gukora akazi kabo mu buryo bwihuse kubera ko ifite umuvuduko uruta inshuro 10 uwa murandasi y’igisekuru cya gatatu( 3G).

Ifite umuvuduko wa megabytes 100 ku isogonda.

Abashaka murandasi yihuta kugira ngo bakore akazi kabo ngo bazungukira mu gukoresha iy’igisekuru cya kane yazanywe na Airtel Rwanda.

Hammez ati: “ Dushyiraho iyi murandasi twari tugamije gushyira ku isoko ry’u Rwanda murandasi yihuta kandi ihendutse. Igiciro waguriragaho iya 3G nicyo uzakomeza kuguriraho iya 4G.”

Ku byerekeye umuvuduko muto mu bice byitaruye umujyi, Emmanuel Hammez yavuze ko ikigo ayoboye kiri gukorana na Leta ngo harebwe uko hakongerwa iminara mu bice bifite imisozi ihanamye.

Icyakora ngo bisaba andi mikoro.

Abanyarwanda barasabwa gukoresha iyi murandasi kuko ari bo igenewe

Ashima Guverinoma y’u Rwanda uruhare igira mu guteza imbere itumanaho muri rusange ndetse n’ikoreshwa rya murandasi muri rusange.

Emmanuel Hammez asaba abakiliya ba Airtel n’abandi bashaka kuyigana kwegera aho iki kigo gikorera bakerekwa uko batangira gukoresha iriya murandasi yihuta kurusha izindi ziri mu Rwanda kugeza ubu.

Ikindi ni uko abari basanzwe bakoresha serivisi ya Ubuntu Packs ya Airtel bazoroherwa no gutangira gukoresha iriya murandasi binyuze mu kuyihuza na serivisi iri muri telefoni yabo yitwa LTE.

Nyuma yo kujya ku murongo ukoresha 4G, abakiliya bazajya bareba na televiziyo zikoresha murandasi, barebe filimi kuri Netflix ndetse bakoreshe na Airtel TV.

Ibi kandi biri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda wo gukwiza murandasi henshi mu gihugu.

Airtel Rwanda ni ishami ry’umuryango mugari wa Airtel Africa.

Iki kigo gikorera mu bihugu 14 byiganjemo ibyo mu Burasirazuba bw’Afurika, abo muri Afurika yo Hagati ndetse n’iyo mu Burengerazuba.

Ni murandasi ifite imbaraga zituma umuntu areba filimi cyangwa imikino ku giciro kimunogeye
Emmanuel Hammez uyobora Airtel Rwanda
Jean Claude Gaga uyobora Airtel Money
Abakozi ba Airtel bari baje kumva uko serivise batangije mu Rwanda igiye kumurikwa ku mugaragaro
Umunyamakuru John Gakuba abaza ikibazo
TAGGED:AirtelEmmanuel HammezfeaturedGuverinomaItumanahoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngororero: Arashakishwa Kubera Kwica Murumuna We
Next Article U Rwanda Na Congo Brazzaville Mu Bufatanye Mu Iterambere Ry’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?