Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Amashyuza Agiye Kujya Arindirwa Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Rwanda: Amashyuza Agiye Kujya Arindirwa Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2024 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko abaturage baturiye amazi y’amashyuza basabye ko habaho uburyo bwo kuyarinda kuko hari abayagwamo cyane cyane abana, ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita umutungo kamere w’amazi, Rwanda Water Board, cyasohoye amabwiriza arimo n’irisaba ko amashyuza azajya arindwa.

Ayo mabwiriza azagenga ikoreshwa ry’amazi y’amashyuza mu rwego rwo kuyabungabunga no kurinda impanuka zishobora guterwa n’ayo.

Rimwe muri ayo mabwiriza  rivuga ko uzajya ahabwa uruhushya rwo gucunga aya mazi no kuyabyaza umusaruro ‘agomba kuzitira icyanya agenzura’.

Agomba kandi kwita ku gipimo cy’ubushyuhe bwayo mbere y’uko yemerera abantu kuyajyamo kandi agashaka abantu bashinzwe umutekano n’abashinzwe ubutabazi babihuguriwe kandi bafite ibikoresho byangombwa bibafasha gutabara.

Aya mabwiriza asohowe nyuma y’uko mu ntangiriro za Mutarama, 2024 abaturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza na Nyakabuye babwiye itangazamakuru ko amashyuza yashyirwaho uruzitiro kugira ngo birinde abana kujya bayogamo nta muntu mukuru kuko hari abo ahitana.

Batangaga urugero rw’uko hari abana batatu bo mu Murenge wa Muganza, Akarere ka Rusizi, baherutse kujya koga mu mashyuza umwe muri bo witwa Nishimwe Arsène  Bertin w’imyaka itanu y’amavuko akayapfiramo.

Taliki 02, Mutarama, 2024 nibwo abaturage babonye umurambo we, bajya guhuruza

Iri tangazo rikubiyemo amabwiriza mashya yo kurinda amashyuza ngo adateza akaga

Amashyuza ni amazi agira ubushyuhe bamwe bavuga ko bugorora ingingo, bigakiza indwara zimwe na zimwe.

Ibi bituma hari abayisukira bakajya kuyogamo mu buryo buteje akaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye amwe muri aya mashyuza aherereyemo, witwa Tamari Kimonyo Innocent yari amaze iminsi mike avuze hagiye gukorwa ubuvugizi kugira ngo harebwe uko amashyuza atakomeza kuba ahantu hateje akaga.

Muri Nzeri, 2023 hari undi muntu waburiye ubuzima muriyo.

TAGGED:AbaturageAmashyuzaAmazifeaturedRusiziUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Umuyobozi Ushinzwe Amasomo Yirukanywe Kubera Ubusinzi
Next Article Algérie Nticana Uwaka Na Leta Ziyunze Z’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wateye Tsunami Yishe Abantu 248

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?