Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Batatu Bandi Bakize Marburg
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Rwanda: Batatu Bandi Bakize Marburg

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 October 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri raporo yayo ya buri mugoroba, Minisiteri y’ubuzima yaraye itangaje ko hari abandi bantu batatu baraye bakize icyorezo Marburg cyugarije Abanyarwanda.

Abo batatu baje biyongera ku bandi batanu bakize mu minsi yatambutse, bose hamwe baba umunani.

Mu kiganiro Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yahaye itangazamakuru mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru yari yavuze ko hari abandi bantu bari busezererwe kuko byagaragaraga cyane ko bari bukire Marburg.

Yavuze ko kugira ngo byemezwe ko runaka yakize iriya ndwara bisaba ko akorerwa isuzuma inshuro ebyiri, hagati y’izi nshuro hagacamo amasaha 72.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyo ku nshuro ya kabiri bigaragaye ko ameze neza, arasezererwa agataha.

Mu Rwanda kandi abantu 49 bamaze kwandura iyo ndwara yica benshi mu bo yafashe.

Abantu 12 yarabahitanye naho abandi 29 bari kuvurwa.

Abarwayi bari gukira. Hari icyizere ko Marburg izakumirwa mu Rwanda

Ku Cyumweru taliki 06, Ukwakira, 2024 nibwo Minisiteri y’ubuzima ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS/WHO, yatangaje ko Abanyarwanda bari butangire gukingirwa Marbug.

Urukingo rwitwa Sabin rwakozwe n’ikigo Sabin’ Vaccine Institute nirwo batangiye guhabwa.

- Advertisement -

Nyuma y’iminsi irindwi bitangajwe ko icyo cyorezo cyageze mu Rwanda nibwo urukingo rwacyo rwahise rutangira guhabwa abafite ibyago byinshi byo kuyirwara.

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yashimiye Abanyamerika barugejeje ku Rwanda mu gihe gito gishoboka, avuga ko ari abafatanyabikorwa beza.

Umuyahudi wo muri Pologne ariko wari ufite ubwenegihugu bw’Abanyamerika witwaga Albert Bruce Sabin niwe waruvumbuye ruramwitirirwa.

Yabayeho hagati y’italiki 26, Kanama, 1906 atabaruka taliki 03, Werurwe, 1993.

Ni nawe kandi wavumbuye urukingo rw’indwara y’imbasa, polio.

Albert Bruce Sabin

Ku byerekeye Marburg mu Rwanda, nta muntu yaraye ihitanye kuri iki Cyumweru.

TAGGED:featuredIndwaraMarburgNsanzimanaUrukingoVirusi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Daniel Chapo: Umugabo Muto Utegurirwa Kuyobora Mozambique
Next Article DRC: Umushoferi Wa Katumbi Yaburiwe Irengero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?