Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hagiye Gutangizwa Igitaramo Cyo Kwishimira Ibigwi By’Abagacishijeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Rwanda: Hagiye Gutangizwa Igitaramo Cyo Kwishimira Ibigwi By’Abagacishijeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2023 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanzi nyarwanda muri rusange bishimiye ko umusaza Abdul Makanyaga yavuye mu bitaro. Jane Uwimana uri mu bamubaye hafi yabwiye Taarifa ko bateganya kuzakoresha igitaramo cyo kwishimira imyaka 50 Makanyaga amaze mu muziki, amafaranga azavamo akazayahabwa mu rwego rwo kumushimira uruhare yagize mu iterambere rya muzika.

Ku wa Gatanu taliki 20, Mutarama, 2023 nibwo Makanyaga yavuye mu bitaro. Yari amaze iminsi arwariye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali.

Abaganga bavuze ko umubiri we wari unaniwe cyane kubera ibitaramo yari amaze iminsi akora ataruhuka.

Byatumye igitaramo yari bukorere mu Karere ka Rusizi atagikora kuko yahise arwara bitunguranye.

Icyakora yaje gukira n’ubwo hari abari babanje kumubika.

Jane Uwimana avuga ko we n’itsinda bakorana umuziki ryitwa Vanginganzo CBC bateguye igitaramo kizaba ngarukamwaka cyo gukusanya amafaranga yo gufasha umuhanzi runaka kugira ngo ashimirwe uruhare yagize mu iterambere rya muzika.

Nk’umuyobozi w’itsinda Vanginganzo CBC, Jane Uwimana avuga ko uyu mwaka [2023] bazabanziriza kuri Abdul Makanyaga ariko mu yindi myaka bakazajya bahitamo umuhanzi runaka.

Ati: “ Tugiye kumukorera igitaramo cyo kwizihiza yubile y’imyaka 50 y’ibigwi bye mu muziki. Byaduhaye n’igitekerezo cyo kuzajya tubikorera n’abandi bahanzi batubanjirije tukabashimira urugero bahaye abakiri bato n’umusanzu batanze mu muziki w’Abanyarwanda”

Makanyaga afite hejuru y’imyaka 75 y’amavuko.

Jane Uwimana

Uwimana avuga ko umuhanzi uzajya wemezwa, azajya yegerwa n’abagize Komite ya Vanga Muzika bakamenyesha iyo gahunda.

Nyuma bazajya bamubaza uburyo  amafaranga avuye mu gitaramo azajya amugeraho.

Yavuze ko bamwe mu bahanzi atekereza ko bazashimirwa muri buriya buryo  barimo Muyango, Mariya Yohana n’abandi.

Vanginganzo ni itsinda rya muzika rikora umuziki uvanze, haba uwa gakondo nyarwanda, uwa ruzungu,  uwa kinyafurika n’indi miziki y’imico itandukanye.

TAGGED:AbanyarwandaAmafarangafeaturedIgihemboMakanyagaUmuzikiUwimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyumba Cy’Abakobwa Biga IPRC Kigali Cyahiye
Next Article Umubano Wa Polisi Yacu Niya Botswana Ushingiye Kuwa Abakuru B’Ibihugu- IGP Munyuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?