Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Imbogamizi Abarimu B’Amateka Bahura Nazo Mu Kwigisha Aya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Imbogamizi Abarimu B’Amateka Bahura Nazo Mu Kwigisha Aya Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2023 10:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize igihe gito Minisitiri w’uburezi  Dr. Valentine Uwamariya abwiye Taarifa ko hari abarimu bahitamo kutigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Bamwe muri bo babwiye itangazamakuru ko babiterwa n’uko gusobanura ubukana bwayo ari ‘ikindi kintu.’

 Taarifa iherutse kubaza Dr. Valentine Uwamariya niba atabona ko kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bikozwe n’uwayirokotse ari ikintu gikomerera mwarimu, asubiza ko atari we gusa kiremerera ahubwo ko n’umwarimu ukomoka ku bayikoze nawe ari uko.

Ati: “ Si abo gusa bayirokotse bahura n’ikibazo cyo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ahubwo n’abakomoka ku bayikoze nabo ni uko. Impande zose zihanganye n’icyo kibazo.”

Minisitiri Dr. Uwamariya yavuze ko hari ibice by’amateka y’u Rwanda harimo na Jenoside yakorewe Abatutsi bigoye kwigishwa.

Hari abarimu babwiye TV 1 ko impamvu ikomeye ituma hari abatigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari uko ‘gusobanura ubukana’ yakoranywe bigoye.

Mu mateka y’isi , Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda nibwo bwicanyi bukomeye bwabaye hagati y’abatuye igihugu kimwe, basangiye ururimi n’umuco kandi bashyingiranywe.

Nyuma y’imyaka ikabakaba 30 bibaye, abayirokotse barabyaye, abayikoze bamwe barafunzwe abandi barafunguwe, kandi buri ruhande rufite abana bagomba kwiga ayo mateka.

Kubasobanurira ibyabaye hagati izo mpande zombi ni ikintu kigora abarimu b’Amateka y’u Rwanda.

Abarimu b’amateka bavuga ko n’ubusanzwe hari ibintu bigize amateka biba bigoye kwigisha, kandi muri byo Jenoside ziza ku mwanya wa mbere.

Abo bahanga babyita ‘critical issues’.

Abarimu babwiye itangazamakuru ko kugira ngo bamenye neza ibikubiye mu mateka n’uburyo byakwigishwa, ari ngombwa ko bahabwa ibitabo byinshi byanditse mu rurimi bumva.

Basaba nanone ko bahugurwa, bakamenya uko amateka ashaririye yigishwa.

Ku byerekeye ibitabo by’Amateka y’u Rwanda, Minisitiri w’uburezi Dr. Valentine Uwamariya yavuze ko hari gahunda y’uko ibitabo byayo byazajya byandikwa mu Kinyarwanda.

TAGGED:AbanyeshuriAbarimuAmatekafeaturedJenosideUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Promo Itwika’: Gahunda Ya Canal + Yo Gushyira Abanyarwanda Igorora
Next Article Min Bizimana Yatangaje Ko Ibibera Muri DRC Bibangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?