Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Inka Zirenga 100 Zimaze Kwibwa Mu Mezi Atatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Inka Zirenga 100 Zimaze Kwibwa Mu Mezi Atatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2024 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inka
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 16 yafatiye mu turere tunyuranye ibakurikiranyeho kwiba inka. Guhera muri Nzeri, 2024 kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, Polisi yavuze ko hibwe inka zirenga 100.

Abo bantu bibaga izo nka bakazibaga mu rwego rwo kizishinyagurira.

Uturere ubwo bujura bwakorewemo ni Gasabo, Nyarugenge, Rulindo, Gicumbi na Gakenke.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze ko ubujura bw’inka ari ikibazo ku bari bazitunze bakazibwa kuko bibahombya amafaranga mu buryo bwinshi.

ACP Boniface Rutikanga yagize ati: “ Twagira ngo tubagezeho bamwe mu bantu nibura tuzi ko bagize uruhare muri ibi bikorwa bigayitse, bisubiza inyuma imibereho myiza y’Abanyarwanda”.

Avuga ko ubujura nk’ubu bubangamira gahunda z’igihugu zo guteza imbere abaturage.

Iyo umuntu yibwe itungo iryo ari ryo ryose, nk’uko Rutikanga abivuga, rimuhombya ifumbire n’amafaranga cyangwa ikindi cy’ingirakamaro yari burikuremo.

Umuvugizi wa Polisi avuga ko kuva muri Nzeri kugeza ubu hari inka 100 zibwe zirabagwa.

Ubujura, gukubita no gukomeretsa nibyo byaha biza imbere mu bikorerwa mu Rwanda kandi abenshi mu bakora ibyaha mu Rwanda ni urubyiruko.

Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika Angélique Habyarimana aherutse kubwira itangazamakuru ko ibi bigira ingaruka ku gihugu kuko n’abafungwa bazira ibyo byaha nabo baba ari urubyiruko kandi ari narwo mbaraga z’igihugu.

TAGGED:AbaturagefeaturedInkaKwibaPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ukraine Yigambye Kwicisha Jenerali Ukomeye Mu Burusiya
Next Article Ubudage Bugiye Guha u Rwanda Miliyari Frw 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?