Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2024 3:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imwe mu ngingo zigize Itegeko rigenga abantu n’umuryango riherutse gusohoka mu mpera za Nyakanga, 2024 rivuga ko kororoka mu buryo bw’ikoranabuhanga k’umugabo n’umugore bashyingiranywe bishobora gukorwa kandi no hagati yabo n’undi muntu bagiranye amasezerano hakurikijwe amategeko abigenga.

Ibyo biri mu ngingo ya 279 y’iri tegeko riri mu mategeko yari amaze igihe akorwa n’Inteko ishinga amategeko mu Rwanda kandi rikaba mu yandi yagiweho impaka zikomeye mbere y’uko atorwa.

Iryo tegeko rivuga ko abashyingiranywe bashobora kororoka mu buryo busanzwe ‘cyangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga’ hagati y’umugabo n’umugore.

Hari aho iryo tegeko riteganya ko umwana uvutse ku bashyingiranywe mu gihe babana ‘nta wundi’  wakwitwa Se ‘uretse’ umugabo wa Nyina.

Iri tegeko rivuga ko Nyina w’umwana ari ‘uwemeza’ ko yamubyaye.

Ku byerekeye Nyina w’umwana wamubyaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, icyo gihe uwanditse mu masezerano yerekeye iryo yororoka ry’ikoranabuhanga niwe witwa Nyina mu mategeko.

Abashakanye bashobora kwitabaza ubundi buryo bw’ikoranabuhanga bwiswe In Vitro Fertilization( IVF) bukabafasha kubona umwana.

Ubu buryo bubaho biturutse ku bibazo by’umugabo biterwa no kugira amasohoro afite intege nke, intanga ntizegende zihuta ngo zigere ku igi agasabo k’intangangore kaba karekuye bityo ngo uwo mugore asame.

Ku byerekeye gutwitira undi, ibyo bita ‘surrogacy’ bikorwa hafatwa intanga z’umugore n’umugabo zigahurizwa muri laboratwari hanyuma igi rivuyemo rigashyirwa muri nyababyeyi y’undi mugore akabatwitira.

Mu mwaka wa 1986 nibwo ubu buryo bwatangiye ku isi, buhita bwamamara henshi.

Aho abana bavuka muri ubu buryo kurusha ahandi ku isi ni muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Kubura urubyaro biri mu bibazo bikunze kugaragara mu miryango ishingwa kuko nk’uko ibitaro by’U Rwanda bya gisirikare byabitangarije kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda, abangana na 15% babigana baba bafite ibyo bibazo.

Ni ibibazo bikomeye kuko bijya bisenya ingo, abashakanye bagacana inyuma kugira ngo umwe muri bo cyangwa se bombi barebe ko hari aho bakura akana.

TAGGED:AbagoreAbanaAmategekofeaturedGutwitiraIkoranabuhangaItegeko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…
Next Article Nyamasheke: Biraye Mu Nsina Z’Umuturage Barazararika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?