Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2024 3:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imwe mu ngingo zigize Itegeko rigenga abantu n’umuryango riherutse gusohoka mu mpera za Nyakanga, 2024 rivuga ko kororoka mu buryo bw’ikoranabuhanga k’umugabo n’umugore bashyingiranywe bishobora gukorwa kandi no hagati yabo n’undi muntu bagiranye amasezerano hakurikijwe amategeko abigenga.

Ibyo biri mu ngingo ya 279 y’iri tegeko riri mu mategeko yari amaze igihe akorwa n’Inteko ishinga amategeko mu Rwanda kandi rikaba mu yandi yagiweho impaka zikomeye mbere y’uko atorwa.

Iryo tegeko rivuga ko abashyingiranywe bashobora kororoka mu buryo busanzwe ‘cyangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga’ hagati y’umugabo n’umugore.

Hari aho iryo tegeko riteganya ko umwana uvutse ku bashyingiranywe mu gihe babana ‘nta wundi’  wakwitwa Se ‘uretse’ umugabo wa Nyina.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iri tegeko rivuga ko Nyina w’umwana ari ‘uwemeza’ ko yamubyaye.

Ku byerekeye Nyina w’umwana wamubyaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, icyo gihe uwanditse mu masezerano yerekeye iryo yororoka ry’ikoranabuhanga niwe witwa Nyina mu mategeko.

Abashakanye bashobora kwitabaza ubundi buryo bw’ikoranabuhanga bwiswe In Vitro Fertilization( IVF) bukabafasha kubona umwana.

Ubu buryo bubaho biturutse ku bibazo by’umugabo biterwa no kugira amasohoro afite intege nke, intanga ntizegende zihuta ngo zigere ku igi agasabo k’intangangore kaba karekuye bityo ngo uwo mugore asame.

Ku byerekeye gutwitira undi, ibyo bita ‘surrogacy’ bikorwa hafatwa intanga z’umugore n’umugabo zigahurizwa muri laboratwari hanyuma igi rivuyemo rigashyirwa muri nyababyeyi y’undi mugore akabatwitira.

- Advertisement -

Mu mwaka wa 1986 nibwo ubu buryo bwatangiye ku isi, buhita bwamamara henshi.

Aho abana bavuka muri ubu buryo kurusha ahandi ku isi ni muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Kubura urubyaro biri mu bibazo bikunze kugaragara mu miryango ishingwa kuko nk’uko ibitaro by’U Rwanda bya gisirikare byabitangarije kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda, abangana na 15% babigana baba bafite ibyo bibazo.

Ni ibibazo bikomeye kuko bijya bisenya ingo, abashakanye bagacana inyuma kugira ngo umwe muri bo cyangwa se bombi barebe ko hari aho bakura akana.

TAGGED:AbagoreAbanaAmategekofeaturedGutwitiraIkoranabuhangaItegeko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…
Next Article Nyamasheke: Biraye Mu Nsina Z’Umuturage Barazararika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?