Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda Revenue Irasaba Abanywa Inzoga Kujya Baka EBM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda Revenue Irasaba Abanywa Inzoga Kujya Baka EBM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2023 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro bwabwiye Taarifa ko mu gihe gito kiri imbere bugiye gusuzuma niba abacuruza inzoga mu tubari batanga inyemezabwishyu y’ikoranabuhanga, EBM.

Ni  mu rwego rwo kuburizamo ko umusoro wa Leta wikubirwa n’abacuruzi kandi uba watanzwe n’umuguzi.

Iki kigo kimaze iminsi gihwituwe na Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente wagisabye ko kigomba gukomeza gukorana n’izindi nzego kugira ngo bakurikirane niba abacuruzi bose batanga iriya nyemezabwishyu.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe yavuze ko abacuruzi bose ndetse n’Abanyarwanda muri rusange bagomba kumva ko gutanga no kwaka inyemezabwishyu ya EBM ari inshingano zabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Komiseri wungirije ushinzwe abasora muri iki kigo witwa Uwitonze Jean Paulin avuga ko nyuma yo guhwiturwa na Minisitiri w’intebe ngo bongere imbaraga mu gusuzuma niba abantu batanga iriya nyemezabwishyu, hari umusaruro umaze kuboneka ariko akavuga ko hari inzego zigiye kuzibandwa ho mu gihe kiri imbere.

Izo nzego z’ubucuruzi zirimo n’abacuruza amafunguro( restaurants) ndetse n’abacuruza inzoga mu tubari.

Uwitonze avuga ko abacuruza muri za boutiques nabo bagomba gutangira gutanga EBM bitaraba ngombwa ko abakozi b’ikigo cy’imisoro n’amahoro kibibategeka.

Ati: “EBM ireba buri wese ucuruza hatitawe ku ngano y’ibyo acuruza. Icyakora hari benshi batarayifata ariko turacyakora ubukangurambaga kugira ngo  bayifate bayikoreshe kandi twizera ko abantu bazabyumva.”

Komiseri Jean Paul Uwitonze

Avuga ko mu gihe kiri imbere bazajya gusuzuma niba nta mucuuzi w’akabari n’amafunguro udatanga EBM.

- Advertisement -

Ngo ni gahunda bateganya mu gihe gito kiri imbere.

Umucuruzi ati: ‘ Bizagorana…’

Munyakayanza acururiza mu Mujyi wa Rwamagana.

Avuga ko ku ikubitiro bizagora abacuruzi kubera ko muri rusange abantu bari bemenyereye kurya bakigendera.

Ubusanzwe ngo abantu bakaga fagitire iyo babaga barangije kugura ibindi bicuruzwa ariko ngo si kenshi bayakaga barangije kurya.

Icyakora avuga ko ubwo Rwanda Revenue Authority yahagurukiye kuyibaza, bazakora uko bashoboye bajye bayitanga.

N’ubwo avuga ko ku ikubitiro bizabatonda, ariko ngo ni igikorwa kiza kubera ko umusoro w’igihugu uba ugomba kubungwabungwa.

Ati: “ Bizabanza bidutonde kubera ko nk’umuntu ufite restaurant nto atari asanzwe amenyereye gutanga EBM.”

Ku byerekeye kwaka EBM umuntu amaze kunywa inzoga, Munyakayanza avuga ko byo bizaba ari ‘ibindi bindi.’

Ku ruhande rwa Rwanda Revenue Authority, Komiseri Uwitonze aherutse kubwira itangazamakuru ko  mu kwezi  kumwe bamaze gufunga inzu z’ubucuruzi zirenga 54, batanga PV (Inyandikomvugo imenyesha icyaha) 400 ndetse bagaruza miliyoni zirenga Frw  300.

Icyo gihe yaravuze ati: “Tumaze gutanga PV zigera kuri 400 kandi tumaze kugaruza miliyoni zigera kuri 300 Frw mu kwezi kumwe.”

Avuga ko ari amafaranga menshi cyane kandi ngo baracyakomeje iki gikorwa.

TAGGED:AmahorofeaturedImisoroRevenueRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tanzania Yirukanye Uwari Uyihagarariye Muri UN
Next Article Nyamasheke: Abagore Bane Bafatiwe Mu Isoko Bagiye Gucuruza Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?