Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda Rwikomye Ndayishimiye Ushaka Kuzana Amacakubiri Mu Banyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda Rwikomye Ndayishimiye Ushaka Kuzana Amacakubiri Mu Banyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2024 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangarije amahanga ko yamaganye kandi isaba n’amahanga kubigenza gutyo, ikamagana amagambo ivuga ko[Guverinoma] ahembera amacakubiri mu Banyarwanda akaba  aherutse kuvugwa na Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye.

Ni amagambo u Rwanda rwafashe nk’amagambo ayobya kandi ashobora kuzana amacakubiri mu baturage barwo.

Itangazo ry’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko bidakwiye ko Umuyobozi nka Ndayishimiye wari wagiye kuganiriza urubyiruko mu rwego rwo kurufasha kumva no guharanira akamaro k’amahoro, ari we uhindukira akavuga amagambo ahubwo ayabangamiye mu Karere Uburundi n’u Rwanda biherereyemo.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yakoze ubuhwema iharanira ko Abanyarwanda bose bunga ubumwe bagasenyera umugozi umwe kugira ngo bateze igihugu cyabo imbere.

Yungamo ko iyo mikorere ariyo yatumye u Rwanda rutera imbere n’urubyiruko rwarwo biba uko.

Uru rubyiruko ubu rurakora kugira ngo ibyo rwiyemeje rubigereho.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko umuntu wese uzabwira urwo rubyiruko ngo niruhindukire ruhirike iyo Guverinoma azaba avunikira ubusa kandi ibyo azaba akora bitazamuhira.

Yungamo kandi ko kuba Perezida Evariste Ndayishimiye yaravuze biriya kandi ari umuyobozi w’igihugu gituranye n’u Rwanda ari ikintu kidakwiye kandi gihabanye n’amahame asanzwe agenga Umuryango w’Afurika yunze ubumwe.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nta nyungu ibona mu ntambara n’igihugu cy’abaturanyi.

RWANDA DEPLORES INFLAMMATORY STATEMENTS BY BURUNDIAN PRESIDENT NDAYISHIMIYE.
Link: https://t.co/Z9eCg0ig5q pic.twitter.com/ePOzecW6An

— Rwanda Government Communications (@RwandaOGS) January 22, 2024

Ivuga ko izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bayo mu guharanira ko Akarere u Rwanda ruherereyemo gatuza kandi u Rwanda rwo ngo ruzakomeza iterambere ryarwo.

Ndayishimiye Yiyemeje Gufatanya Na Tshisekedi Mu Kurwanya u Rwanda

TAGGED:featuredGuverinomaItangazoNdayishimiyeRwandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gisagara:Arashakishwa Nyuma Y’Uko Yishe Umugore We
Next Article Kale Kayihura Ati: “ Kubera Iki Musanze Iruta Kisoro”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?