Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abazi ururimi rw’amarenga batangiye kwigisha abaganga uru rurimi. Ni ururimi rutaremerwa n’Itegeko nshinga ry’u Rwanda ariko rwifuzwa kwigishwa mu rwego rwo gufasha abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bagana abaganga n’abandi bakora mu nzego zitandukanye.

N’ikimenyimenyi abazi uru rurimi bibumbiye mu Ihuriro nyarwanda ry’abagore cyangwa abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baherutse gusinyana amasezera n’ubugenzacyaha kugira ngo bazarwigishe abagenzacyaha.

Ni mu muhango wabereye ku Cyicaro gikuru cy’ubugenzacyaha kiri ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Mu rwego rw’ubuzima, abaganga bo mu bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu nabo batangiye kwigishwa uru rurimi.

Abaganga bo muri ibi bitaro batangarije Kigali Today ducyesha iyi nkuru ko ko mbere yo guhabwa ariya masomo bahuraga n’imbogamizi zo kutumvikana n’abafite buriya bumuga babaganaga.

Kubera ko abaganga bafite inshingano zo guha serivisi uwo ari we wese ubagana, iyo haje ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga akenshi bananirwa kumvikana cyangwa se bigasaba ubasemurira kandi nawe ntaboneka mu buryo bworoshye.

Abagenzacyaha nabo barahugurwa mu rurimi rw’amarenga

Umwe mu baganga bo muri biriya bitaro witwa Ntwali avuga ko bishimiye kurwiga kugira ngo batange serivisi ku babagana.

Undi witwa Claudine yagize ati: “Byajyaga bitugora, rimwe tukandika akadusubiza, ubundi yaba atazi kwandika, akaba afite umuntu umuherekeje cyangwa akaduha nimero ya telefoni y’umuntu uzi ibibazo bye akaba ari we uduha amakuru, gusa urumva na byo si ibintu wakwizera. Ubu rero turimo kwigishwa turizera ko izi mbogamizi twahuraga na zo zitazasubira.”

Taarifa yamenye ko abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bose hamwe mu Rwanda bagera ku 33,000.

TAGGED:AbagenzacyahaAmarengafeaturedRIBRubavuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 81 Bakatiwe Urwo Gupfa Biciwe Icyarimwe
Next Article Ibikomeye Bigerwaho Nyuma Yo Kubira Icyuya- Umusifuzi Mukansanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?