Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abazi ururimi rw’amarenga batangiye kwigisha abaganga uru rurimi. Ni ururimi rutaremerwa n’Itegeko nshinga ry’u Rwanda ariko rwifuzwa kwigishwa mu rwego rwo gufasha abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bagana abaganga n’abandi bakora mu nzego zitandukanye.

N’ikimenyimenyi abazi uru rurimi bibumbiye mu Ihuriro nyarwanda ry’abagore cyangwa abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baherutse gusinyana amasezera n’ubugenzacyaha kugira ngo bazarwigishe abagenzacyaha.

Ni mu muhango wabereye ku Cyicaro gikuru cy’ubugenzacyaha kiri ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Mu rwego rw’ubuzima, abaganga bo mu bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu nabo batangiye kwigishwa uru rurimi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abaganga bo muri ibi bitaro batangarije Kigali Today ducyesha iyi nkuru ko ko mbere yo guhabwa ariya masomo bahuraga n’imbogamizi zo kutumvikana n’abafite buriya bumuga babaganaga.

Kubera ko abaganga bafite inshingano zo guha serivisi uwo ari we wese ubagana, iyo haje ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga akenshi bananirwa kumvikana cyangwa se bigasaba ubasemurira kandi nawe ntaboneka mu buryo bworoshye.

Abagenzacyaha nabo barahugurwa mu rurimi rw’amarenga

Umwe mu baganga bo muri biriya bitaro witwa Ntwali avuga ko bishimiye kurwiga kugira ngo batange serivisi ku babagana.

Undi witwa Claudine yagize ati: “Byajyaga bitugora, rimwe tukandika akadusubiza, ubundi yaba atazi kwandika, akaba afite umuntu umuherekeje cyangwa akaduha nimero ya telefoni y’umuntu uzi ibibazo bye akaba ari we uduha amakuru, gusa urumva na byo si ibintu wakwizera. Ubu rero turimo kwigishwa turizera ko izi mbogamizi twahuraga na zo zitazasubira.”

Taarifa yamenye ko abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bose hamwe mu Rwanda bagera ku 33,000.

- Advertisement -
TAGGED:AbagenzacyahaAmarengafeaturedRIBRubavuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 81 Bakatiwe Urwo Gupfa Biciwe Icyarimwe
Next Article Ibikomeye Bigerwaho Nyuma Yo Kubira Icyuya- Umusifuzi Mukansanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?