Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abazi ururimi rw’amarenga batangiye kwigisha abaganga uru rurimi. Ni ururimi rutaremerwa n’Itegeko nshinga ry’u Rwanda ariko rwifuzwa kwigishwa mu rwego rwo gufasha abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bagana abaganga n’abandi bakora mu nzego zitandukanye.

N’ikimenyimenyi abazi uru rurimi bibumbiye mu Ihuriro nyarwanda ry’abagore cyangwa abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baherutse gusinyana amasezera n’ubugenzacyaha kugira ngo bazarwigishe abagenzacyaha.

Ni mu muhango wabereye ku Cyicaro gikuru cy’ubugenzacyaha kiri ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Mu rwego rw’ubuzima, abaganga bo mu bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu nabo batangiye kwigishwa uru rurimi.

Abaganga bo muri ibi bitaro batangarije Kigali Today ducyesha iyi nkuru ko ko mbere yo guhabwa ariya masomo bahuraga n’imbogamizi zo kutumvikana n’abafite buriya bumuga babaganaga.

Kubera ko abaganga bafite inshingano zo guha serivisi uwo ari we wese ubagana, iyo haje ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga akenshi bananirwa kumvikana cyangwa se bigasaba ubasemurira kandi nawe ntaboneka mu buryo bworoshye.

Abagenzacyaha nabo barahugurwa mu rurimi rw’amarenga

Umwe mu baganga bo muri biriya bitaro witwa Ntwali avuga ko bishimiye kurwiga kugira ngo batange serivisi ku babagana.

Undi witwa Claudine yagize ati: “Byajyaga bitugora, rimwe tukandika akadusubiza, ubundi yaba atazi kwandika, akaba afite umuntu umuherekeje cyangwa akaduha nimero ya telefoni y’umuntu uzi ibibazo bye akaba ari we uduha amakuru, gusa urumva na byo si ibintu wakwizera. Ubu rero turimo kwigishwa turizera ko izi mbogamizi twahuraga na zo zitazasubira.”

Taarifa yamenye ko abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bose hamwe mu Rwanda bagera ku 33,000.

TAGGED:AbagenzacyahaAmarengafeaturedRIBRubavuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 81 Bakatiwe Urwo Gupfa Biciwe Icyarimwe
Next Article Ibikomeye Bigerwaho Nyuma Yo Kubira Icyuya- Umusifuzi Mukansanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?