Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Safari W’I Nyagatare Ati: ‘ Nanize DASSO Nirwanaho’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Safari W’I Nyagatare Ati: ‘ Nanize DASSO Nirwanaho’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2021 6:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

George Safari ni umuturage wo mu Karere ka Nyagatare umaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu mashusho yafashe mu ijosi umwe mu ba DASSO. Mu rukiko yaraye avuze ko yabikoze yirwanaho kuko uriya mu DASSO nawe yari amumereye nabi.

Ubushinjacyaha bushinja George Safari gusagarira umukozi wa Leta uri mu kazi.

Kurwana kwa Safari n’uriya mugabo ukorera urwego rw’umutekano mu Karere ka Nyagatare rwitwa DASSO bivugwa ko byatewe n’amahane  yazamuwe n’intonganya bagiranye.

Umu DASSO ngo yashatse gufata Safari( ngo amujyane afungwe) nyuma y’uko inka ze  zari zahutse mu rwuri rukomye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iki gihe mu Rwanda ntibyemewe ko inka zahuka mu rwuri rukomye kandi ubusanzwe Politiki ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko inka zororerwa mu biraro.

Kudundagurana hagati ya George Safari n’uriya mu DASSO tutamenye amazina, kwabaye mbere cyane y’uko amashusho yakwo ashyirwa ahagaragara tariki, 27, Kanama, 2021.

Byabereye mu  Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare.

Nyuma y’uko ariya mashusho atangajwe, bikaba inkuru hirya no hino mu Rwanda, Safari yarafashwe arafungwa ariko na DASSO ahagarikwa ku mirimo ndetse na Gitifu w’Akagari ka Musenyi byabereyemo nawe arahagarikwa.

Bahagaritswe kubera ko ‘bakoresheje ingufu zitari ngombwa’ kugira ngo bafate Safari.

- Advertisement -

Mu rukiko Safari ati: “ Nirwanagaho”

Kuri uyu wa Kabiri tariki 07, Nzeri, 2021 ubwo yari ageze imbere y’Inteko iburanisha, Safari yavuze ko ibyo yakoze ‘yabikoze yitabara kuko yari asumbirijwe’.

Yeruye avuga ko atabikoze yabigambiriye ahubwo ko byatewe n’uko yabonaga yugarijwe.

Safari yavuze ko nyuma y’uko DASSO asanze umushumba we aragiye akamwambura ubusa akamwandagaza ku mugaragaro, yaje kumutabara.

Akihagera DASSO ngo yahise ahindukirana Safari aza amusatira ashaka kumukubita inkoni hanyuma nawe aritabara.

Uyu mugabo wari wunganiwe na Me Fidel Mugwiza, yasabye urukiko kumurekura, agatanga ingwate hanyuma akajya aburana adafunzwe.

Ubushinjacyaha bwo bwamaganye icyifuzo cya Safari George, busaba urukiko ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo mbere y’uko urubanza rukomeza mu mizi.

Isomwa ku mwanzuro w’urukiko ku byifuzo by’impande zombi rizaba tariki 09, Nzeri, 2021.

Amategeko y’u Rwanda avuga ko kizira gukubita cyangwa gusagarira umuyobozi mu nzego za Leta.

Ingingo ya 234 y’amategeko ahana mu Rwanda ivuga ko umuntu wese usagariye umuyobozi ukora mu rwego rw’Inteko ishinga amategeko, umuyobozi mu bagize Guverinoma, umukozi mu rwego rw’umutekano cyangwa undi wese uri mu gushyira mu bikorwa inshingano ahabwa n’urwego akorera, aba akoze icyaha.

Iyo agihamijwe n’urukiko, ashobora gukatirwa igifungo kitari mu nsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu.

Iyo uwakorewe icyo cyaha byamuviriyemo gukomereka, ugihamijwe ahabwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarengeje imyaka irindwi.

Iyo bigaragaye ko uwakoze kiriya cyaha yari yabanje kugitegura binyuze mu gutega igico uwagikorewe, igifungo ahabwa ntikijya munsi y’imyaka irindwi ariko nanone ntikirenza imyaka 10.

Iyo noneho bigaragaye ko umugambi mu gukora kiriya cyaha wari uwo kwica uwagikorewe, igifungo kiba icya burundu.

TAGGED:featuredIcyahaInkaNyagatareSafariUmuturageUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamwe Mu Batalibani Batojwe n’Ingabo Z’Amerika N’Iz’U Bwongereza
Next Article Mamady Doumbouya: Umugabo Wahiritse Perezida Condé Ni Muntu KI?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?