Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sandra Teta Yarekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2025 7:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamideli Sandra Teta wari wafunzwe na Polisi ya Uganda akurikiranyweho kugonga nkana umugabo we amakuru aravuga ko yarekuwe.

Uyu ubu arwariye mu bitaro by’ahitwa Nsambya naho umugore yari afungiwe kuri station ya Polisi ya Kabalagala.

Teta avugwaho kugonga umugabo we inshuro eshatu kandi ‘k’ubushake’, yabikoze kuri uyu wa Gatatu tariki 06, Kanama, 2025.

Kumugonga byatumye avunika amaguru yombi kandi ababibonye bavuga ko yamugongeye ku kabari kirwa Chans kari i Munyonyo ahantu hatuye abakire benshi.

The Independent yatangaje ko Sandra Teta yemera ko yagonze umugabo we k’ubushake, gusa akavuga ko yabitewe n’umujinya wakomotse ku ntonganya n’amakimbirane bari biriwemo.

Mu gusobanura icyabimuteye, Teta yavuze ko Weasel yamwirije ku nkeke ndetse amwirukanana n’abana, undi yigira inama yo kumurega ku babyeyi be.

Nyuma yo kumwumva, Kwa Sebukwe bamugiriye inama yo gusubira mu rugo, asubira yo ariko ageze yo umugabo we arongera amumerera nabi aranamukubita.

Butangiye kwira, Weasel yagiye ku kabari Chans gusoma icupa, undi amusangayo barongera baratongana, umugore amaze gufata ubushungu nibwo yatsaga imodoka aramugonga.

Ubwo Polisi yamubaza uko byagenze yagize ati: “ Weasel yanyirukanye mu rugo ndi kumwe n’abana bacu. Njya kubibwira ababyeyi be ntekereza ko bari kudufasha kubikemura ariko banyihanangirije bansaba gusubira mu rugo tukagerageza gukemura ikibazo. Nyuma yo gusubirayo, Weasel yakomeje kuntuka no kungirira nabi, hanyuma afata imodoka ajya mu kabari, ndamukurikira. Twongeye gutongana, maze ninjira mu modoka ndamugonga.”

Umuvugizi wa polisi mu Mujyi wa Kampala, Patrick Onyango, yemeje ko Teta Sandra yafashwe, anatangaza ko Weasel yajyanywe mu bitaro bya Nsambya.

Onyango ati:  “Nk’uko byatangajwe n’abatangabuhamya bahamagaye Polisi, Teta Sandra yagonze Weasel inshuro eshatu, ariko ararokoka. Abapolisi bacu bagiye kumureba ku bitaro bya Nsambya, kandi twamenyeshejwe ko ameze neza nubwo yavunitse amagufwa menshi ku kaguru kamwe.”

Mu mwaka wa 2018 nibwo bombi batangiye kubana, ubu bafitanye abana babiri.

Induru yabo ariko yo imaze igihe kandi Teta yakubiswe kenshi Weasel akamurema n’inguma.

Mu mwaka wa 2022 uyu mugore yahukaniye mu Rwanda gusa bidatinze ni ukuvuga muri Mata, 2023 yasubiye murwe i Kampala.

Umugabo we Weasel aherutse mu Rwanda mu gitaramo cya mukuru we Jose Chameleone.

TAGGED:featuredIbitaroKampalaKumugongaMugangaPolisiTetaUmuhanziWeasel
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA
Next Article DRC: Imyuzure Muri Beni Yahitanye Benshi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Burundi: Umugore Yagizwe Minisitiri W’Ingabo

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?