Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2025 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Congo Brazzaville Dénis Sassou Nguesso avuga ko inzira yo gufatira u Rwanda ibihano ngo rukunde rwumvire ibyo amahanga arushinja idashobora kugarura amahoro mu Karere.

Yabibwiye France 24 mu kiganiro kihariye yayihaye ubwo yagarukaga ku ntambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihanganishije M23 na Kinshasa.

Yabajijwe niba asanga igitutu gishyirwa mu Rwanda ngo rwemere ibyo amahanga arusaba ari cyo cyatuma ibibera hariya bihosha, avuga ko nta na rimwe ibyo byigeze bigira icyo bikemura.

Ati: “ Simbona ukuntu ibihano byatuma ibintu bijya ku murongo. Mwibuke ko turi mu bihe by’intambara aho buri ruhande rugerageza gusiga urundi icyasha. Kuri twe, ibiganiro nibyo ngenzi kuko twabonye ko ibihano bidakemura ikibazo mu by’ukuri. Ibiganiro nibyo bikemura ikibazo mu mizi yacyo”.

Dénis Sassou Nguesso avuga ko ibyo biganiro bizabaho kuko asanga nta kundi byagenda.

Mu buryo buca amarenga, yavuze ko bishoboka ko nawe yaba umuhuza muri iki kibazo.

Yabwiye bagenzi bacu ba France 24 ko mu buryo no mu bihe bitandukanye yakiganiriyeho na Félix Tshisekedi na Paul Kagame, bityo ko azi iby’iki kibazo.

Nawe, kimwe n’abandi bakuru b’ibihugu, yemeza ko ibibazo by’abanya Afurika bikwiye gukemurwa nabo, abandi bakaza bunganira.

Yizera ko igihe kizagera Kagame agahura na Tshisekedi bakaganira imbonankubone kuko ikibazo kivugwaho muri iki gihe kibareba mu buryo bwihariye.

Ikiganiro yabivugiyemo cyabereye i Addis Ababa ahari icyicaro cy’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe aho Nguesso yari yagiye mu Nteko rusange y’uyu muryango iherutse kuhateranira.

TAGGED:AfurikafeaturedibihanoInamaKagameNguessoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Urugero Rwiza Rwo Gusesagura Na Duke Wari Ufite
Next Article Nyamasheke: Imiryango 24 Ntifite Aho Kurambika Umusaya Nyuma Y’Inkubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?