Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sauti Sol Yahinduye Italiki Izakoreraho Igitaramo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Sauti Sol Yahinduye Italiki Izakoreraho Igitaramo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2024 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abahanzi bahoze bagize itsinda Sauti Sol
SHARE

Abasore bagize itsinda rya Sauti Sol batangaje ko italiki bari buzakorereho igitaramo yahindutse ireka kuba taliki 18, iba taliki 30, Ukwakira, 2024.

Ntibigeze batangaza impamvu yo guhindura iyo taliki ariko bavuze ko abari bararangije kugura amatike bazayerekana ku munsi w’igitaramo nyirizina bakinjira.

Icyo gitaramo bari barise  ‘Sol Fest Kigali Pre Party’, kizabanziriza icyiswe Sol Fest kizabera i Nairobi muri Kenya ku wa 19-21 Ukuboza 2024.

Mu bishya bizaranga igitaramo cy’aba baturage ba Kenya bari mu bakunzwe muri kiriya gihugu ni uko kizitabirwa na Savara Mudigi, Bien-Aimé Baraza, Willis Chimano na Fancy Fingers bahoze muri Sauti Sol.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abanyarwanda bazakigaragaramo ni  Mike Kayihura na Ariel Wayz naho aba DJs bavanga imiziki bo barimo DJ Sonia na DJ June.

Byitezwe ko ku wa 19 Ukuboza 2024 hazaba igitaramo cya Sol Fest cya VIP ndetse n’icyo ku wa 21 Ukuboza 2024 kigenewe abakunzi b’umuziki muri rusange.

Iki gitaramo kizitabirwa n’abandi bahanzi bo muri Kenya barimo umuraperi ukomeye witwa Khaligraph Jones na mugenzi we witwa Nyashinski.

Itsinda rya Sauti Sol ryatangijwe mu 2005 riza gutandukana mu mwaka wa 2023.

TAGGED:AbahanziIgitaramoItsindaKigaliSautiSol
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amakipe Abiri Ya APR Yatwaye Igikombe Kitiriwe Nyerere
Next Article Bwa Mbere Mu Rwanda Ingurube Yabwaguye Ibyana 22
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Intumwa Yihariye Y’Ubwongereza Mu Karere Irasura u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?