Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sauti Sol Yahinduye Italiki Izakoreraho Igitaramo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Sauti Sol Yahinduye Italiki Izakoreraho Igitaramo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2024 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abahanzi bahoze bagize itsinda Sauti Sol
SHARE

Abasore bagize itsinda rya Sauti Sol batangaje ko italiki bari buzakorereho igitaramo yahindutse ireka kuba taliki 18, iba taliki 30, Ukwakira, 2024.

Ntibigeze batangaza impamvu yo guhindura iyo taliki ariko bavuze ko abari bararangije kugura amatike bazayerekana ku munsi w’igitaramo nyirizina bakinjira.

Icyo gitaramo bari barise  ‘Sol Fest Kigali Pre Party’, kizabanziriza icyiswe Sol Fest kizabera i Nairobi muri Kenya ku wa 19-21 Ukuboza 2024.

Mu bishya bizaranga igitaramo cy’aba baturage ba Kenya bari mu bakunzwe muri kiriya gihugu ni uko kizitabirwa na Savara Mudigi, Bien-Aimé Baraza, Willis Chimano na Fancy Fingers bahoze muri Sauti Sol.

Abanyarwanda bazakigaragaramo ni  Mike Kayihura na Ariel Wayz naho aba DJs bavanga imiziki bo barimo DJ Sonia na DJ June.

Byitezwe ko ku wa 19 Ukuboza 2024 hazaba igitaramo cya Sol Fest cya VIP ndetse n’icyo ku wa 21 Ukuboza 2024 kigenewe abakunzi b’umuziki muri rusange.

Iki gitaramo kizitabirwa n’abandi bahanzi bo muri Kenya barimo umuraperi ukomeye witwa Khaligraph Jones na mugenzi we witwa Nyashinski.

Itsinda rya Sauti Sol ryatangijwe mu 2005 riza gutandukana mu mwaka wa 2023.

TAGGED:AbahanziIgitaramoItsindaKigaliSautiSol
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amakipe Abiri Ya APR Yatwaye Igikombe Kitiriwe Nyerere
Next Article Bwa Mbere Mu Rwanda Ingurube Yabwaguye Ibyana 22
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kenya: Inzovu Yari Ambasaderi W’Inzoga Yitwa Tusker Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?