Sen. Jim Inhofe Yasuye u Rwanda Mbere Y’Uko Acyura Igihe

Senateri James Mountain Inhofe wari umaze igihe ahagarariye Leta ya Oklahoma muri Sena y’Amerika ari mu Rwanda mu ruzinduko rwo gusezera ku nshuti ye  Perezida Paul Kagame.

Jim  Inhofe yari ari kumwe na bagenzi be barimo Senateri Rounds na Senateri  John Boozman.

Perezida Kagame yakiriye  aba banyacyubahiro basanzwe ari inshuti z’u Rwanda ndetse abatembereza mu rwuri rw’inyambo ze ruri mu Karere ka Bugesera ahitwa Kibugabuga.

Ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro bya Perezida Kagame handitse ko yaganiriye n’aba banyacyubahiro ku ngingo zitandukanye zirimo uko umutekano uhagaze mu Karere u Rwanda ruherereyemo n’ahandi.

- Advertisement -

Senateri Inhofe ni umwe mu nshuti z’u Rwanda ndetse mu kwezi gushize Perezida Kagame yamushimiye uburyo yabaniye u Rwanda mu myaka yose yamaze mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika.

Perezida Kagame yabatembereje mu rwuri rw’inyambo ze ruba Kibugabuga mu Karere ka Bugesera

Jim Inhofe ni Senateri mu Nteko ishinga amategeko y’ Amerika uhagarariye Leta ya Oklahoma guhera mu mwaka wa 1994.

Yavutse mu mwaka wa 1934.

Abarizwa mu ishyaka ry’aba Republican. Muri Sena yari asanzwe ahagarariye Komite y’ibidukikije n’imirimo rusange.

Yatangiye kuyiyobora mu mwaka wa  2003 kugeza mu mwaka wa  2007, arongera ahabwa izo nshingano

Mu mwaka wa 2015 kugera muwa 2017 yongeye kuyiyobora.

Biteganyijwe ko muri Mutarama 2023 ari bwo azajya mu kiruhuko cy’izabukuru, akazaba amaze imyaka 35 ari Senateri uhagarariye Oklahoma  mu Nteko ishinga amategeko.

Amaze imyaka 50  ari umunyapolitiki.

Muri Nzeri, 2022 Perezida Kagame  yavuze ko umubano wa Senateri Inhofe n’u Rwanda wagize uruhare rukomeye mu gushimangira imikoranire ya Amerika n’u Rwanda.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version