Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senegal: Ifungwa Ry’Utavuga Rumwe Na Leta Ryakije Umuriro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Senegal: Ifungwa Ry’Utavuga Rumwe Na Leta Ryakije Umuriro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2023 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe kitageze ku masaha 42, abantu icyenda baguye mu myigaragambyo yatangijwe n’abashyigikiye Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Macky Sall wakatiwe gufungwa imyaka ibiri.

Bavuga ko ubutabera bwa Senegal bwamunzwe na ruswa itangwa n’ishyaka riri ku butegetsi kugira ngo bukandamize abatavuga rumwe naryo.

Urukiko rwahamije Sonko icyaha cyo kugumura urubyiruko, rumukatira adahari.

Ku rundi ruhande, urukiko rwamuhanaguyeho ibyaha byo gufata umugore wakoraga muri sauna ku ngufu no ku mukangisha kumwica.

Mu gihe ubutabera bwa Senegal buvuga ko bwamukatiye kubera kugumura urubyiruko, abashyigikiye Ousmane Sonko bo bavuga ko byakozwe mu rwego rwo kumubuza kuziyamamariza kuyobora Senegal mu mwaka wa 2024.

Inzego zishinjwa ibi zo zirabihakana.

Amakuru y’uko Sonko yafunzwe akimara gukwira muri Dakar, abayobozi mu ishyaka rye ryitwa PASTEF bahise bahamagarira abayoboke baryo kureka ibyo barimo, bakigaragambya.

Icyakora ikibazo cya Sonko na Macky Sall kimaze igihe!

Mu mwaka wa 2021 nibwo umwuka mubi wakaze hagati y’aba bagabo bombi.

Ousmane Sonko yavugaga ko Macky Sall adashoboye, ko igihugu yagishyize mu bukene bw’akarande.

Ousmane Sonko

Abatavuga rumwe na Macky Sall bavuga ko kuva yajya ku butegetsi mu mwaka wa 2012 atigeze azamura Senegal ku rwego bari bamwitezeho.

Ikindi kivugirwa mu bikari by’ingo z’intiti z’i Dakar ni uko Macky  Sall ashaka guhindura Itegeko nshinga akiyongeza manda.

Ibi byatuma aziyamamaza mu mwaka wa 2024 mu gihe Ousmane Sonko we azaba afunzwe.

Ubwo yakatirwaga bigasakara hose, abamushyigikiye bahise bagana imihanda basakirana na Polisi mu mihanda y’i Dakar n’imihanda yo mu Mujyi wa Ziguinchor.

Abaturage b’i Dakar babwiye  Al Jazeera ko bafite ubwoba bw’uko ibintu bishobora kuba bibi, amaraso menshi akameneka.

Kubera kwanga ko abantu bakomeza guhererekanya amakuru, umujinya ukarushaho kuzamuka, inzego za Leta zakuyeho imbuga nkoranyambaga zitandukanye.

TAGGED:AmatorafeaturedMacky SallPerezidaSenegalSonko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Yaguze Fanta Yishyura Frw 5000 Y’Amiganano Arafatwa
Next Article Mushikiwabo Yasabye Senegal Guhosha Imvururu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?