Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 7:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18, Mutarama, 2022, Perezida Paul Kagame  yakiriye Serge Pereira umushoramari ukomoka muri Congo-Brazzaville ariko ukunze kuba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Serge Pereira ni umushoramari ukomeye mu gihugu cye, ukunze gushora imari mu bikorwa by’imikino no mu bikorwa remezo cyane cyane ubwubatsi bw’inzu nziza zo kubamo.

Azwiho kugira umuhati mu guteza imbere igitekerezo cy’uko Afurika ishobora kwigira, binyuze mu kwiha agaciro no kubiharanira.

Si mu bwubatsi no mu mikino ashoramo amafaranga gusa ahubwo ayashora no mu bikorwa biteza imbere uburezi n’ibiteza imbere ubuzima.

Imishinga ye igenzurwa n’ikigo yashinze yise Starstone.

Yagize uruhare mu iyubakwa rya za Kaminuza zo muri Afurika nka Kaminuza yo muri Guinée Équatoriale yitwa  Université Américaine de l’Afrique Centrale na Kaminuza yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitwa  Université de Kintélé.

Mu mwaka wa 2016 yatsindiye isoko ryo kubaka Kaminuza yitiriwe Perezida Denis Sassou Nguesso uyobora Congo-Brazzaville aho Serge Pereira akomoka.

Ubu ari mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza gahunda y’amarushanwa ya Triathlon abumbatiye kwiruka ku maguru, koga no kunyonga amagare.

Umuhango wo gutangiza aya marushanwa biteganyijwe ko uzaba kuri uyu wa Kane taliki 20, Mutarama, 2022, ukazabera mu Karere ka Rubavu kuri Kivu Serena Hotel.

Amarushanwa nyirizina yo azatangizwa ku mpeshyi y’umwaka wa 2022.

We n’umugore , Cindy Descalzi baraye  bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye.

Mu biganiro byabo kandi hari hari na Minisitiri wa Siporo  Aurore Mimosa Munyangaju.

 

TAGGED:featuredKagameMunyangajuRubavuSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rw’Ubujurire Rwategetse Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari
Next Article ‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?