Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 7:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18, Mutarama, 2022, Perezida Paul Kagame  yakiriye Serge Pereira umushoramari ukomoka muri Congo-Brazzaville ariko ukunze kuba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Serge Pereira ni umushoramari ukomeye mu gihugu cye, ukunze gushora imari mu bikorwa by’imikino no mu bikorwa remezo cyane cyane ubwubatsi bw’inzu nziza zo kubamo.

Azwiho kugira umuhati mu guteza imbere igitekerezo cy’uko Afurika ishobora kwigira, binyuze mu kwiha agaciro no kubiharanira.

Si mu bwubatsi no mu mikino ashoramo amafaranga gusa ahubwo ayashora no mu bikorwa biteza imbere uburezi n’ibiteza imbere ubuzima.

Imishinga ye igenzurwa n’ikigo yashinze yise Starstone.

Yagize uruhare mu iyubakwa rya za Kaminuza zo muri Afurika nka Kaminuza yo muri Guinée Équatoriale yitwa  Université Américaine de l’Afrique Centrale na Kaminuza yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitwa  Université de Kintélé.

Mu mwaka wa 2016 yatsindiye isoko ryo kubaka Kaminuza yitiriwe Perezida Denis Sassou Nguesso uyobora Congo-Brazzaville aho Serge Pereira akomoka.

Ubu ari mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza gahunda y’amarushanwa ya Triathlon abumbatiye kwiruka ku maguru, koga no kunyonga amagare.

Umuhango wo gutangiza aya marushanwa biteganyijwe ko uzaba kuri uyu wa Kane taliki 20, Mutarama, 2022, ukazabera mu Karere ka Rubavu kuri Kivu Serena Hotel.

Amarushanwa nyirizina yo azatangizwa ku mpeshyi y’umwaka wa 2022.

We n’umugore , Cindy Descalzi baraye  bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye.

Mu biganiro byabo kandi hari hari na Minisitiri wa Siporo  Aurore Mimosa Munyangaju.

 

TAGGED:featuredKagameMunyangajuRubavuSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rw’Ubujurire Rwategetse Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari
Next Article ‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?