Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 7:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18, Mutarama, 2022, Perezida Paul Kagame  yakiriye Serge Pereira umushoramari ukomoka muri Congo-Brazzaville ariko ukunze kuba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Serge Pereira ni umushoramari ukomeye mu gihugu cye, ukunze gushora imari mu bikorwa by’imikino no mu bikorwa remezo cyane cyane ubwubatsi bw’inzu nziza zo kubamo.

Azwiho kugira umuhati mu guteza imbere igitekerezo cy’uko Afurika ishobora kwigira, binyuze mu kwiha agaciro no kubiharanira.

Si mu bwubatsi no mu mikino ashoramo amafaranga gusa ahubwo ayashora no mu bikorwa biteza imbere uburezi n’ibiteza imbere ubuzima.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imishinga ye igenzurwa n’ikigo yashinze yise Starstone.

Yagize uruhare mu iyubakwa rya za Kaminuza zo muri Afurika nka Kaminuza yo muri Guinée Équatoriale yitwa  Université Américaine de l’Afrique Centrale na Kaminuza yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitwa  Université de Kintélé.

Mu mwaka wa 2016 yatsindiye isoko ryo kubaka Kaminuza yitiriwe Perezida Denis Sassou Nguesso uyobora Congo-Brazzaville aho Serge Pereira akomoka.

Ubu ari mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza gahunda y’amarushanwa ya Triathlon abumbatiye kwiruka ku maguru, koga no kunyonga amagare.

Umuhango wo gutangiza aya marushanwa biteganyijwe ko uzaba kuri uyu wa Kane taliki 20, Mutarama, 2022, ukazabera mu Karere ka Rubavu kuri Kivu Serena Hotel.

- Advertisement -

Amarushanwa nyirizina yo azatangizwa ku mpeshyi y’umwaka wa 2022.

We n’umugore , Cindy Descalzi baraye  bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye.

Mu biganiro byabo kandi hari hari na Minisitiri wa Siporo  Aurore Mimosa Munyangaju.

 

TAGGED:featuredKagameMunyangajuRubavuSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rw’Ubujurire Rwategetse Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari
Next Article ‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?