Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sergio Ramos Ati: “ Nkiri Umwana Nakundaga Ronaldo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Sergio Ramos Ati: “ Nkiri Umwana Nakundaga Ronaldo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2022 7:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bana bo muri Paris Saint Germain academy ni ukuvuga abana batozwa n’abantu bo muri iriya kipe yabajije Sergio Ramos umukinnyi yakundaga akiri muto, undi asubiza yakunze Ronaldo.

Ni mu kiganiro aba bana bagiranye n’ibyamamare byo muri Paris Saint Germain biri mu Rwanda guhera mu mpera z’Icyumweru gishize.

Aba bakinnyi baganiriye na bariya bana ndetse n’abanyamakuru nyuma yo gusura ibirunga babona ingagi.

Umwana yamubajije uko yiyumva kuba ari mu Rwanda, undi amusubiza ko ari ibintu byiza kandi ngo birashimishije kuba Abanyarwanda ari abantu basabana.

Kaylir Navas we avuga ko u Rwanda rufite ingagi nziza kandi ngo ni yasanze ari nk’inshuti ze.

Ibindi byamamare byari kumwe n’uyu mukinnyi uvuga Icyesipanyole niyo abajijwe mu bindi bihugu yateruye umwana wari umubajije uko yumva amerewe iyo yicaye imbere aho bose bamubaza.

Umwana yahageze undi amubaza we uko yiyumva undi amusubiza ko nta cyo yumva.

Umuyobozi muri RDB ushinzwe ubukerarugendo Madamu Ariella Kageruka yashimye ko bariya bashyitsi basuye u Rwanda bakagera henshi bateganyije kandi ngo uretse no

Madamu Clare Akamanzi uyobora RDB avuga ko kuba bariya bashyitsi ari abo gushima kubera ko kuba baraje mu Rwanda bizagira icyo bizamura mu ishusho n’izina u Rwanda rusanzwe rufite yo.

Ati: “ Twe icyo u Rwanda rushaka ari uko izina ryarwo ritsinda, rikamenyekana, igihugu kigatera imbere kuko ari intege yarwo.”

Yarangije ijambo rye ashimira abo bakinnyi igihe bamaze mu Rwanda kandi abifuriza kuzagira urugendo rwiza basubira mu rugo.

Abo bakinnyi ni Sergio Ramos, Keylor Navas na Julian Draxler.

Mu mwaka wa 2021 ubwo Perezida Kagame yagiranaga ikiganiro n’abaturage, yakomoje k’urukundo akunda Arsenal ndetse na Paris Saint Germain.

Icyo gihe yavuze ko kuba u Rwanda rukorana na Paris Saint-Germain bishingiye no kuba ifite n’abakinnyi beza.

Muri Nzeri, 2021 Perezida Kagame yasubije umunyamakuru  Clèophas Barore  ko Paris Saint- Germain ari ikipe nziza  ndetse mu bakinnyi beza ifite harimo na Messi, Neymar, Mbappé n’abandi.

Ubu u Rwanda rukorana n’amakipe abiri akomeye ari yo Arsenal yo mu Bwongereza na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa.

TAGGED:featuredKigaliRamos
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Uhoraho Wa Commonwealth Ari Mu Rwanda
Next Article Umuhanzi Harmonize Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?