Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sherrie Silver Yibiwe Mu Ndege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImideliImyidagaduroMu Rwanda

Sherrie Silver Yibiwe Mu Ndege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2025 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi Sherrie Silver yibiwe mu ndege ya Ethiopian Airways ubwo yaganaga muri Zanzibar agiye mu irushanwa ryitwa Trace Awards & Festival.

Avuga ko yatunguwe no kubura imizigo ye n’iy’abo bari bari kumwe yari irimo imyambaro bari kwifashisha.

Yari yajyanye n’abana bo mu muryango yashinze witwa Sherrie Silver Foundation bari bumufashe mu kwizihiza abitabiriye biriya birori.

Sherrie Silver yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Natengushywe mu buryo bukomeye na Ethiopian Airlines. Nyuma yo kugura amatike 10 y’indege y’itsinda ryanjye, iyi sosiyete yataye imizigo yanjye yarimo imyenda yanjye y’iki gitaramo gikomeye”.

Avuga ko amaze iminsi abaza abo muri Ethiopian Airways aho imyenda ye yarengeye ariko bakamushwishuriza ko ‘ntayo babonye’.

Ati: “… Hashize iminsi itatu, ariko bambwira ko batayibonye! Ndababaye cyane, sinzi icyo nakora. Ndumva ntafite aho mpfunda imitwe.”

Ibirori bya Trace Awards and Festival yari yatumiwemo ngo azabyine, biratangira kuri uyu wa Mbere Tariki 24, Gashyantare, 2025.

Bizaberamo iserukiramuco rya Trace rizamurikirwamo ibyerekeye imyidagaduro.

Umunyarwanda uhatanye muri ibi birori ni Israël Mbonyi, akaba ahatanye na bagenzi be bakora indirimbo zihimbaza Imana.

Ahatanye n’abandi bahanzi barimo Spirit of Praise 10 wo muri Afurika y’Epfo na KS Bloom wo muri Côte d’Ivoire, Abanya-Nigeria Mercy Chinwo na Ada Ehi na Bella Kombo wo muri Tanzania.

TAGGED:ImyendaIndegeKubyinaKwibwaSherrieSilverZanzibar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tour Du Rwanda Yatangiye, Perezida Kagame Arayifungura
Next Article Kabila Yagize Icyo Avuga Ku Bimaze Igihe Bivugwa Na Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?