Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Somalia Igiye Kwirukana Abasirikare Ba Ethiopia Bayibagamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Somalia Igiye Kwirukana Abasirikare Ba Ethiopia Bayibagamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2024 11:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Mogadishu bwanzuye ko mu gihe gito kiri imbere ingabo za Ethiopia zari zihamaze igihe zigomba kuba zahavuye. Ni umwanzuro bivugwa ko Mogadishu ifashe kugira ngo ihane Addis Ababa ariko ku rundi ruhande abantu bavuga ko bizatuma abarwanya Somalia baboneraho kuyibuza guhumeka.

Ni uburyo bamwe bavuga ko buje kwihimura kuri Ethiopia kuko ishyigikiye Somaliland.

Ni umwanzuro bivugwa ko uzashobora kuzatuma Ethiopia yisubiraho ku cyemezo cyo gufasha Somaliland icyakora ngo biragoye.

Kuba Somalia yirukanye abasirikare ba Ethiopia ngo bizaha abarwanyi ba Al Shabaab uburyo bwo kongera ibitero bayigabagaho.

Muri Somalia hari abasirikare ba Ethiopia 3,000 bariyo mu rwego rw’ubutumwa bwa Afurika y’Ubumwe mu rwego rwo kuhagarura amahoro.

Mu bindi bice bya Somalia hari abasirikare bari hagati ya 5000 n’abantu 7000 baturutse mu bindi bihugu.

Umubano mubi hagati ya Somalia na Ethiopia watangiye kugaragara mu buryo bweruye mu ntangiriro z’umwaka wa 2024 ubwo Ethiopia yahitagamo kwemeza ko Somaliland ari igice kigenga.

Somaliland ni agace Somalia ivuga ko ari akayo kandi ko idashaka ko hari igihugu icyo ari cyo cyose kivuga ko ari igice kigenga.

Guhera mu mwaka wa 1991 Somaliland yatangiye kuvuga ko yigenga ariko kugeza n’ubu ntirabona uburenganzira mpuzamahanga bwo gufatwa gutyo.

Ethiopia ivuga ko izemera ko Somaliland ari igihugu kigenga igihe cyose abo muri iki gihugu bazaba bayemereye ko iyubakaho ibirindiro bya gisirikare.

Umwe mu bayobozi mu by’umutekano muri Somalia yabwiye The Reuters ko niba ubuyobozi bwa Ethiopia na Afurika yunze ubumwe bushaka ko abasirikare babo baguma muri iki gihugu, ari ngombwa ko bahagarika ibyo kwemera ko Somaliland yigenga bitaba ibyo bakaba bavuye muri iki gihugu biterenze impera za Kamena, 2024.

Abayobozi ba Somalia bavuga ko Ethiopia itaba umunyamahoro waje kugarura amahoro muri iki gihgu kandi ngo ibe n’umushotoranyi ku rundi ruhande.

The East African dukesha iyi nkuru ivuga ko abayobozi yabajije haba mu ngabo za Ethiopia n’iza Somalia ngo bagire icyo bavuga kuri iyi ngingo, ntacyo babasubije.

Hagati aho ni ngombwa kuzirikana ko muri Somalia hari abasirikare boherejwe kuhagarura amahoro bo mu Burundi, Djibouti, Uganda, Kenya na Ethiopia.

Uko bigaragara hari umwuka mubi kandi ushobora kuzamara igihe kirekire hagati ya Somalia na Ethiopia.

TAGGED:EthiopiaSomaliaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga Iterambere Koreya Yagezeho Mu Gihe Gito N’Abandi Barigeraho
Next Article Uganda: Abanyarwanda Bafunzwe Bakekwaho Kwica Umukoresha Wabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?