Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudan Igiye Gushyikiriza Omar al-Bashir ICC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudan Igiye Gushyikiriza Omar al-Bashir ICC

Last updated: 12 August 2021 12:14 pm
Share
SHARE

Guverinoma ya Sudan yashimangiye ubushake ifite bwo gushyikiriza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) abantu rukurikiranyeho ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, barimo Omar al-Bashir wahoze ari perezida.

Byemejwe mu gihe abayobozi muri ICC barimo Umushinjacyaha Mukuru, Karim Asad Ahmad Khan, bari mu ruzinduko muri Sudan.

Ku wa Kabiri Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Sudan, Mariam al-Mahdi, yasohoye itangazo avuga ko inama y’abaminisitiri “yemeje kohereza abantu bose bashakishwa na ICC.”

Ni icyemezo yavuze ko kizabanza guhabwa umugisha n’inama izahuza inama y’abaminisitiri n’inama ya gisirikare iyoboye Sudan, izwi nka Sovereign Council.

Ku wa Gatatu Khan yahuye n’umuyobozi wungirije wa Sovereign Council, Gen. Mohamed Hamdan Daglo.

Ibiro ntaramakuru SUNA byatangaje ko Daglo yashimangiye ko Sudan yiteguye gufatanya na ICC, ubu bikaba biri mu nshingano z’inzego z’ubutabera kugena uko urubanza ruzagenda.

Yahuye kandi na Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok, washimangiye ko ibyo Sudan yiyemeje mu gushaka ubutabera bitajyanye gusa no kubahiriza amasezerano mpuzamahanga, ahubwo ari ubusabe bw’abaturage benshi ba Sudan.

Ntabwo biramenyekana niba al-Bashir azoherezwa ku cyicaro cy’urukiko mu Buholandi, cyangwa niba azaburanishwa n’urukiko rushobora gushyirwaho muri Sudan.

Kuri uyu wa Gatatu Intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye muri Sudan, Volker Perthes, yavuze ko ICC ishobora gufasha mu “gushyiraho Urukiko Rwihariye Rwashyiriwe Darfur”, nubwo nta makuru menshi yatangaje.

Imwe mu mbogamizi yatumaga Bashir w’imyaka 77 adashyikirizwa ICC ni uko Sudan yari itarasinya ku masezerano ya Roma ashyiraho ruriya rukiko.

Inama y’abaminisitiri ya Sudan iheruka kwemeza ko leta izayasinya mu gihe kiri imbere.

Al-Bashir wayoboye Sudan mu myaka isaga 30, yakuweho mu 2019 n’imyigaragambyo ikomeye y’abaturage.

Ubu afungiwe mu murwa mukuru Khartoum, hamwe n’abandi bari abayobozi bakuru barimo Abdel Rahim Mohamed Hussein wari Minisitiri w’Ingabo na Ahmed Haroun wabaye guverineri wa Kordofan y’Amajyepfo.

ICC yashyizeho impapuro zisaba ifatwa rya Bashir mu mwaka wa 2009.

Aregwa ibyaha byabaye ubwo mu 2003 abaturage bitwaje intwaro b’abirabura bo mu majyepfo y’igihugu, batangizaga imyigaragambyo binubira ihezwa bakorerwa na Guverinoma yita cyane kuri Sudan ya ruguru ituwe n’abarabu.

Bashir yahise afata icyemezo cyo kwifashisha umutwe witwaje intwaro wa Janjaweed, mu guhangana n’uriya mutwe.

Muri urwo rugendo habayemo ibikorwa byinshi birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, gusahura no gutwika. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko hishwe fabantu basaga 300,000 abasaga miliyoni 2.5 bavanwa mu byabo.

Mu mwaka ushize uwari umuyobozi muri Janjaweed, Ali Muhammad Ali Abd al-Rahman wamenyekanye ku mazina y’intambara ya Ali Kushyab, yishyikirije ICC aregwa ibyaha by’ubwicanyi, gufata ku ngufu n’iyicarubozo.

Mu kwezi gutaha ICC izohereza muri Sudan itsinda ryo gukusanya ibimenyetso by’inyongera mu rubanza rwe.

TAGGED:featuredICCKarim Asad Ahmad KhanOmar al-BashirSudan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwinjiye Mu Bufatanye Na IFC Mu Mushinga w’Uruganda Rw’Inkingo
Next Article U Rwanda Rugiye Gutangira Gukoresha Inkingo Za Sinopharm
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?