Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Yirukanye Uhagarariye UN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani Yirukanye Uhagarariye UN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2023 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bwa  Sudani buyobowe na Gen Abdel Fattah Al-Burhan bwatangaje ko budashaka umugabo witwa Volker Perthes wari uhagarariye Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu. Ngo ni gashozantambara.

Burhan avuga ko uriya mugabo ari gashozantambara wagize uruhare rutaziguye mu gutuma muri kiriya gihugu havuka intambara na n’ubu igica ibintu.

Intambara yo muri Sudani yadutse taliki 15, Mata, 2023.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani ivuga ko Volker Berthes adashakwa ku butaka bw’iki gihugu, ko agomba kuba yahavuye ‘bidatinze’.

Itangazo ryaturutse muri iriya Minisiteri, rivuga ko Umunyamabanga mukuru wa UN, Antonio Guterres, yamenyeshejwe iby’uko uriya mugabo ukomoka mu Budage adashakwa i Karthoum.

Ku rundi ruhande, Umuryango w’abibumbye waraye utangaje ko ku munsi w’ejo[hashize]  Berthes yari muri Ethiopia mu biganiro bigamije kugarura amahoro muri Sudani.

Mu ibaruwa Sudani yagejeje kuri Guterres, handitsemo ko Berthes ari umugabo wivanga mu bitamureba, kandi iyo myitwarire yagize uruhare rutaziguye mu kwaduka kw’intambara iri kubica muri Sudani.

Guterres we avuga ko yatunguwe kandi ababazwa no kumva ko ari uko ibintu bimeze!

Sudani yasabye UN ko yayishakira undi uyihagararira kuko uriya mugabo we adashobotse.

Bivugwa ko taliki 15, Mata, 2023 ubwo intambara yadukaga muri Sudani, Gen Burhan yari buhure n’uwo bahanganye witwa Gen Dagalo, hakaba ibiganiro by’amahoro byari bube biyobowe na UN nk’umuhuza.

Intego icyo gihe yari iyo gusasa inzobe, hakaboneka umuti w’ibibazo bya Politiki byari bimaze iminsi bivugwa mu nzego z’ubutegetsi na gisirikare za Sudani.

Ibi bibazo byatangiye mu mwaka wa 2021 ubwo Burhan na Dagalo bafataga ubutegetsi nk’abajenerali bayoboye Akanama ka gisirikare kayoboye Sudani nyuma y’ihirikwa rya Bashir.

Amahanga amaze kubona ko umwuka uri hagati ya bariya basirikare ari mubi cyane, hashyizweho uburyo bwo gusaba ko hatangizwa ibiganiro bisesuye bigamije umuti w’amahoro.

Ibiganiro byaratangiye ndetse uhagarariye UN akemeza ko inzira birimo itanga icyizere cy’amahoro.

Bidatinze ariko intambara yaravutse, UN n’isi yose muri rusange biratungurwa.

Al-Burhan avuga ko mu nyandiko zikubiyemo ibyo UN yabaga ishaka ko bikorwa, harimo ibika bigaragaza kubogama kw’intumwa yayo.

Ngo  Volker Berthes yakoreshaga amagambo asa n’ayahatiraga uruhande rwa Al Burhan gukurikiza ibyo rwo rwabaga ‘rutaremera neza’.

TAGGED:featuredGuterresIntambaraSudaniUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Gen Kabarebe Yasuye Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique
Next Article Iyo Polisi Ifatanyije Na Minisanté Kurwanya Ibiyobyabwenge Biba Bigamije Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?