Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Umuturage Yicwa N’Inyamaswa Buri Masaha 52
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Umuturage Yicwa N’Inyamaswa Buri Masaha 52

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2023 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare ivuga ko abaturage ba Tanzania bari mu bicwa n’inyamaswa z’ishyamba kubera imiturire itubahiriza imbago z’ibyanya bikomye.

Raporo yitwa The 2020/24 Report of The National Strategy on Controlling Conflicts between Humans and Wildlife ivuga ko muri uyu mubano wo kurebana ayingwe hagati ya mwene muntu n’inyamaswa z’inkazi, umuntu ari we uhahombera.

Handitsemo ko inyamaswa yica umuntu umwe mu masaha 52 kandi muri ayo masaha imyaka yatewe ku buso bwa metero kare 16 ikangirika.

Imibare yerekana ko uko imyaka yahise indi igataha, ari ko imibare y’abantu bahitanywe n’inyamaswa yiyongereye.

Mu mwaka wa 2017 abantu zahitanye bari 130, mu mwaka wa 2018 baba abantu 149, mu mwaka wa 2019 baba abantu 203.

Mu mwaka wa 2019 inyamaswa zangije ibihingwa biri ku buso bwa metero kare 10,547 mu gihe mu mwaka wa 2018 zari zangije ibiri ku buso bwa metero kare  5,016.

Byikubye kabiri karengaho gato!

Abahanga bavuga ko iyi ntambara ya muntu n’inyamaswa itazarangira vuba igihe cyose abantu bazaba bakijya gushakira amaramuko mu bice bya Tanzania bisanzwe bigenewe inyamaswa.

Abenshi zibica ari bo bazisanze aho zituye, bagiye gushaka inkwi zo gucana, guhiga inyamaswa ziribwa, gushaka ibiti byo kubakisha, kuragira amatungo cyangwa kwahira ibyatsi bavugutamo imiti gakondo.

Leta ya Tanzania isabwa kwiga neza uko abaturage bakwegerezwa uburyo bw’imibereho kugira ngo bibarinde kujya kuyishakira mu ishyamba.

Ubufatanye bwa Leta n’abikorera ku giti cyabo ni ngombwa kugira ngo iki kibazo gikemuke kandi mu buryo burambye.

Ni ngombwa kandi ko abaturage basobanurirwa akamaro k’inyamaswa muri Pariki, bakamenya ko bakwiye kuziha amahoro mu buturo bwazo.

Abanya Tanzania bafite ikibazo cy’uko inzira bacamo bajya guhaha, kwivuza no gukora ibindi ari nazo inyamaswa zicamo ziva hamwe zijya ahandi.

Bapfubiranira mu izi nzira zikabivugana.

Umuntu aba agiye ku isoko cyangwa ku murenge agapfubiranira n’inzovu mu nzira ishotse cyangwa agahura n’imbogo yaburanye na ngenzi zayo ikamwica.

Inyamaswa zikunze kwica abantu ni imbogo, inzovu, intare n’impyisi.

TAGGED:AbaturagefeaturedInyamaswaIshyambaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’Ibihugu Bya EAC Zigiye Kwitoreza Mu Rwanda
Next Article Umuvuno Wa Gisirikare W’u Bufaransa Nyuma Yo Kuva Muri Mali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?