Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Umuturage Yicwa N’Inyamaswa Buri Masaha 52
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Umuturage Yicwa N’Inyamaswa Buri Masaha 52

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2023 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare ivuga ko abaturage ba Tanzania bari mu bicwa n’inyamaswa z’ishyamba kubera imiturire itubahiriza imbago z’ibyanya bikomye.

Raporo yitwa The 2020/24 Report of The National Strategy on Controlling Conflicts between Humans and Wildlife ivuga ko muri uyu mubano wo kurebana ayingwe hagati ya mwene muntu n’inyamaswa z’inkazi, umuntu ari we uhahombera.

Handitsemo ko inyamaswa yica umuntu umwe mu masaha 52 kandi muri ayo masaha imyaka yatewe ku buso bwa metero kare 16 ikangirika.

Imibare yerekana ko uko imyaka yahise indi igataha, ari ko imibare y’abantu bahitanywe n’inyamaswa yiyongereye.

Mu mwaka wa 2017 abantu zahitanye bari 130, mu mwaka wa 2018 baba abantu 149, mu mwaka wa 2019 baba abantu 203.

Mu mwaka wa 2019 inyamaswa zangije ibihingwa biri ku buso bwa metero kare 10,547 mu gihe mu mwaka wa 2018 zari zangije ibiri ku buso bwa metero kare  5,016.

Byikubye kabiri karengaho gato!

Abahanga bavuga ko iyi ntambara ya muntu n’inyamaswa itazarangira vuba igihe cyose abantu bazaba bakijya gushakira amaramuko mu bice bya Tanzania bisanzwe bigenewe inyamaswa.

Abenshi zibica ari bo bazisanze aho zituye, bagiye gushaka inkwi zo gucana, guhiga inyamaswa ziribwa, gushaka ibiti byo kubakisha, kuragira amatungo cyangwa kwahira ibyatsi bavugutamo imiti gakondo.

Leta ya Tanzania isabwa kwiga neza uko abaturage bakwegerezwa uburyo bw’imibereho kugira ngo bibarinde kujya kuyishakira mu ishyamba.

Ubufatanye bwa Leta n’abikorera ku giti cyabo ni ngombwa kugira ngo iki kibazo gikemuke kandi mu buryo burambye.

Ni ngombwa kandi ko abaturage basobanurirwa akamaro k’inyamaswa muri Pariki, bakamenya ko bakwiye kuziha amahoro mu buturo bwazo.

Abanya Tanzania bafite ikibazo cy’uko inzira bacamo bajya guhaha, kwivuza no gukora ibindi ari nazo inyamaswa zicamo ziva hamwe zijya ahandi.

Bapfubiranira mu izi nzira zikabivugana.

Umuntu aba agiye ku isoko cyangwa ku murenge agapfubiranira n’inzovu mu nzira ishotse cyangwa agahura n’imbogo yaburanye na ngenzi zayo ikamwica.

Inyamaswa zikunze kwica abantu ni imbogo, inzovu, intare n’impyisi.

TAGGED:AbaturagefeaturedInyamaswaIshyambaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’Ibihugu Bya EAC Zigiye Kwitoreza Mu Rwanda
Next Article Umuvuno Wa Gisirikare W’u Bufaransa Nyuma Yo Kuva Muri Mali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?