Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tchad Na Ho Ishyamba Si Ryeru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tchad Na Ho Ishyamba Si Ryeru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2023 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Majyaruguru ya Tchad hari inyeshyamba ziri kotsa igitutu ubutegetsi bwa Perezida Mahamat Idriss Déby Itno. Zigize umutwe witwa CCMSR.

Perezida Itno aherutse kujya kuganira n’abasirikare be bakorera mu gice ziriya nyeshyamba zikunze kwibasira, abasaba gukomeza kuba maso, bakaba biteguye kuburizamo igitero cyose bagabwaho.

Ingabo za Tchad ziri mu zikomeye ziri mu Karere iherereyemo

RFI ivuga ko hari undi mutwe witwa Le Front pour l’Alternance et la Concorde au Tchad (Fact) nawo ushinja ubutegetsi bw’i Ndjamena kuba gashozantambara nyuma y’uko buwugabyeho igitero cy’indege mu gace ugenzura gaturiye ubutayu bwa Libya.

Abayobozi bawo bahise batangaza ko iby’agahenge bari bamaze iminsi baratanze kugira ngo abaturiye aho imirwano yaberaga babone uko basubira mu buzima busanzwe, gahagaritswe.

Umunyamabanga mukuru w’uriya mutwe witwa Mahamat Bahr Bechir Kindji avuga ko bafite n’umugambi wo kuzihorera kuri kiriya gitero bagabweho.

Avuga ko iby’ubutegetsi bw’i Ndjamena buvuga bw’uko bwabambuye igice kegereye umupaka na Libya, ari ibinyoma.

Perezida Itno yabwiye abasirikare be ko badakwiye gukurwa umutima n’ibivugwa na bariya barwanyi ahubwo ko inshingano zabo ari uguhagarara gitwari, bakarinda ubusugire bwa Tchad.

Afurika y’Uburengerazuba n’iyo hagati ishyira Amajyaruguru imaze iminsi ari isibaniro ry’ingabo za Leta ndetse n’inyeshyamba zitandukanye.

Mali biracika, Burkina Faso ni uko, Niger, Nigeria, Sudani… muri make hari igice kinini cy’Uburengerazuba bw’Afurika kiri mu mazi abira.

Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika wananiwe guhosha ibyo byose kubera ko bishobora kuba bifite inkomoko iri ahantu bigoye ko bagera ngo babihosherezeyo.

TAGGED:AfurikaInyeshyambaItnoTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda-Uganda: Ese Urupfu Rw’Umuherwe W’Umunyarwanda Rwaba Rugiye Gutokoza Umubano?
Next Article U Rwanda Rwinjiye Mu Kibazo Cy’Umuturage Warwo Wiciwe Muri Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?