Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tchad Na Ho Ishyamba Si Ryeru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tchad Na Ho Ishyamba Si Ryeru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2023 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Majyaruguru ya Tchad hari inyeshyamba ziri kotsa igitutu ubutegetsi bwa Perezida Mahamat Idriss Déby Itno. Zigize umutwe witwa CCMSR.

Perezida Itno aherutse kujya kuganira n’abasirikare be bakorera mu gice ziriya nyeshyamba zikunze kwibasira, abasaba gukomeza kuba maso, bakaba biteguye kuburizamo igitero cyose bagabwaho.

Ingabo za Tchad ziri mu zikomeye ziri mu Karere iherereyemo

RFI ivuga ko hari undi mutwe witwa Le Front pour l’Alternance et la Concorde au Tchad (Fact) nawo ushinja ubutegetsi bw’i Ndjamena kuba gashozantambara nyuma y’uko buwugabyeho igitero cy’indege mu gace ugenzura gaturiye ubutayu bwa Libya.

Abayobozi bawo bahise batangaza ko iby’agahenge bari bamaze iminsi baratanze kugira ngo abaturiye aho imirwano yaberaga babone uko basubira mu buzima busanzwe, gahagaritswe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyamabanga mukuru w’uriya mutwe witwa Mahamat Bahr Bechir Kindji avuga ko bafite n’umugambi wo kuzihorera kuri kiriya gitero bagabweho.

Avuga ko iby’ubutegetsi bw’i Ndjamena buvuga bw’uko bwabambuye igice kegereye umupaka na Libya, ari ibinyoma.

Perezida Itno yabwiye abasirikare be ko badakwiye gukurwa umutima n’ibivugwa na bariya barwanyi ahubwo ko inshingano zabo ari uguhagarara gitwari, bakarinda ubusugire bwa Tchad.

Afurika y’Uburengerazuba n’iyo hagati ishyira Amajyaruguru imaze iminsi ari isibaniro ry’ingabo za Leta ndetse n’inyeshyamba zitandukanye.

Mali biracika, Burkina Faso ni uko, Niger, Nigeria, Sudani… muri make hari igice kinini cy’Uburengerazuba bw’Afurika kiri mu mazi abira.

- Advertisement -

Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika wananiwe guhosha ibyo byose kubera ko bishobora kuba bifite inkomoko iri ahantu bigoye ko bagera ngo babihosherezeyo.

TAGGED:AfurikaInyeshyambaItnoTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda-Uganda: Ese Urupfu Rw’Umuherwe W’Umunyarwanda Rwaba Rugiye Gutokoza Umubano?
Next Article U Rwanda Rwinjiye Mu Kibazo Cy’Umuturage Warwo Wiciwe Muri Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?