Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeUbumenyi N'Ubuhanga

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2026 7:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inyoni ni ibinyabuzima bifite amagufa akoze ku buryo buzifasha kuguruka.

Ariko si inyoni zose ziguruka kuko inyinshi zishobora kwiruka, gusimbuka, koga ndetse no kwibira mu mazi.

Hari izifite ubushobozi bwo kuguruka, nka penguin, ariko zitagira amababa. Inyoni ziboneka mu bice byose by’isi no mu miterere yose y’ahantu.

Inyoni nini cyane kurusha izindi ni iyo bita ostrich n’aho inyoni nto ni ifundi ireshya na santimetero eshanu.

Imiterere y’umubiri w’inyoni yose igaragaza uburyo zahanzwe kugira ngo zibashe kuguruka.

Urugero, amababa yazo afite ishusho idasanzwe ituma zizamuka mu kirere. Igice cy’imbere cy’igisate cy’ibaba kirakomeye kurusha igice cy’inyuma, kandi amababa aba afite ubwoya bworoshye ku gice cy’inyuma

Mu by’ukuri, amababa y’indege yakozwe higanwa amababa y’inyoni.

Amagufa n’imitsi by’inyoni nabyo birihariye cyane.

Igufa runini ryazo bita humerus ( ni nk’urutugu rw’umuntu), ni igifuniko kirimo ubusa imbere ariko hejuru kikaba gikomeyemo ukuntu.

Iryo gufa kandi rihuza n’uburyo bwihariye bw’inyoni bwo guhumeka, bihuza n’ibihaha byazo.

Imitsi ikomeye ituma inyoni ziguruka igakorana n’umutima n’ubwonko kandi igice cy’inyuma cy’inyoni gituma zigurukira ku butumburuke buringanyiye.

Upfuye amababa y’inyuma y’inyoni waba uyibujije kuguruka.

Ubwonko n’imikorere y’inyoni mu kurya nabyo birihariye.

Inyoni zifite ubushobozi bwo gutwara ibiribwa mu gifu, zikagenda igihe kirekire igifu cyazo kitabjgogora hirindwa ko byazinaniza.

Iyo zigeze ahantu runaka, zihagaze, nibwo rero igogora ritangira.

Ndetse n’imyororokere yazo iteganyijwe mu buryo buzifasha kuguruka.

Inyoni zigurukana amagi mu nda mu buryo butazibuza amahwemo, kandi zikabikora mu buryo butazibuza no kubaka ibyari ngo zizayatereremo.

Ababaye mu cyaro bazi ukuntu intashya zubaka icyari gikomeye cyubatswe mu cyondo kandi cyubatswe ahantu kitanyagirwa mu buryo bworoshye.

Icyari cy’isandi nacyo kiba cyubakanywe ubuhanga mu bugenge butuma umuyaga udapfa kugihanura n’ubwo kiba gitendetse mu giti hejuru cyane.

Amateka ya kera yerekana ko inyoni zakomotse ku nyamaswa za kera bitaga dinozore mu gihe abahanga bita ‘Jurassic’ hafi imyaka miliyoni 160 ishize.

Inyoni bavuga ko ari iya kera ni iyo abahanga bise Archaeopteryx yari ifite ubunini bumeze nk’ubw’inkware.

Inyoni zigira ubushobozi bwo guhindura umuvuduko w’amaraso n’imikorere y’umutima igihe ziguruka, kugira ngo zikomeze kugira ingufu.

Hariho ubwoko bw’inyoni zigendera ku butaka gusa nk’imbata, inkoko, ibishuhe, dindons n’izindi.

Amababa n’ubwoya byazo bituma zishobora kugabanya ingufu zikoresha mu kirere, bityo ntizinanirwe.

Bitewe n’ubutumburuke zishobora kugurukiraho, inyoni zigira uburyo bwihariye bwo gutandukanya ubushyuhe mu mubiri, zikagira amababa atandukanye.

Ikindi ni uko amaso yazo areba bitewe n’ibizitunga.

Amaso ya sakabaka arebera kure cyane ku buryo zishobora kubona imbeba iri gucaracara mu kigunda zikamanuka zikayiraha nta guhusha.

Mu gihe ari uko bimeze ku nyoni zo mu bwoko bw’ibisiga, inyoni nto zitunzwe no gutora inigwahabiri cyangwa incenga z’ibinyampeke urugero nk’inyamanza, ifundi… zifite amaso ashobora gutubura ubunini bw’ikintu zigashobora gutoragura zidahushije.

Ibi byiyongeraho n’imiterere y’iminwa yazo cyangwa iy’ibikohwa byazo kuko imiterere y’izo ngingo ku bisiga nk’agaca itandukanye n’uko bimeze ku nyoni nto nk’inuma, ibijwangajwanga, isandi n’izindi.

Inyoni zigendera cyangwa zituriye amazi urugero nk’ibishushe zigendera ku ngingo zibwataraye kugira ngo zitanyerera.

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2021 bwasanze ku isi hari inyoni ziri hagati ya Miliyari 50 na Miliyari 430 bivuze ko uzisaranganyije abatuye isi, buri wese yaba atunze inyoni esheshatu.

TAGGED:AbahangafeaturedIndegeInyoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?