Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Telefoni 52,000 Za Airtel Muri Connect Rwanda Zimaze Guhabwa Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Telefoni 52,000 Za Airtel Muri Connect Rwanda Zimaze Guhabwa Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Emmanuel Hammez uyobora Airtel Rwanda avuga ko kuva cyatangira guha abaturage telefoni zigezweho muri gahunda ya Connect Rwanda, hamaze gutangwa telefoni 52,000.

Yabivugiye mu Karere ka Rubavu ahatangiwe izindi telefoni 3000.

Hammez ashima Leta y’u Rwanda yazanye uburyo bwo guhamagara na murandasi idahenze bigendana no guhabwa iyo telefoni.

Avuga ko ubu buryo buzagirira abaturage akamaro mu iterambere ryabo.

Emmanuel Hammez ati: “Tumaze gutanga telefoni 52,000 hirya no hino mu Rwanda.  Twabazaniye 3,000 muri Rubavu kandi biracyakomeje.”

Emmanuel Hammez uyobora Airtel Rwanda

Meya wa Rubavu Murindwa Prosper yasabye abaturage kumenya ko ziriya telefoni ari impano bahawe na Perezida Kagame ngo babeho mu ikoranabuhanga.

Avuga ko Abanyarwanda bishimira intambwe bamaze gutera mu rwego rw’ikoranabuhanga, ndetse ngo bigaragarira no mu kuba Abanyarwanda bashobora kwisabira serivisi batavuye aho bari kandi ngo bifasha mu bucuruzi bwaba hagati y’Abanyarwanda n’abaturanyi babo.

Murindwa ashima ko iyo abaturage bafite ikoranabuhanga bamenya amakuru arimo n’ay’ubucuruzi.

Kubera ko abaturage ba Rubavu bakunze gukora ubucuruzi bwambuka imipaka, bashishikarizwa kuzajya bamenya amakuru y’uko ibiciro bihagaze, bakamenya uko barangura badahenzwe ndetse n’ibindi bijyanye n’akazi kabo.

Gahunda ya Connect Rwanda yatangirijwe mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza.

Nyuma izo telefoni zahawe abo muri Burera ahitwa Butaro, zikomereza muri Nyamasheke na Rusizi, hakurikiraho Nyanza kuri Stade ya Busasamana, nyuma hakurikiraho Rubavu kuri Stade Umuganda.

Intego ya Airtel Rwanda ni uko umwaka wa 2024 uzarangira hatanzwe telefoni miliyoni 1.2.

TAGGED:CongoConnectfeaturedHammezIkoranabuhangaRwandatelefoniUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Haravugwa Umutwe Wa Gisirikare Washinzwe N’Uwahoze Uyobora Amatora
Next Article Imfu Z’Ababyeyi Bapfa Babyara Zihangayikishije u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?