Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: The Ben Na Uncle Austin Bibiwe Telefoni i Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

The Ben Na Uncle Austin Bibiwe Telefoni i Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2023 9:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo yishimiye ko igitaramo cye cyitabiriwe kandi kigashimisha abantu, ku rundi ruhande The Ben yibwe telefoni ubwo yari yagiye guhura n’abafana be muri ‘Meet and Great’ yabaye ku wa Gatandatu taliki 30, Ukwakira, 2023. Bukeye bw’aho Uncle Austin nawe yibwe iye.

Ikindi cyaranze iki gitaramo ni uko hari abahanzi batashye bataririmbye kubera ko amasaha yo kugihagarika yabagereyeho.

Barimo Lino G, Big Fizzo na Bushali.

Imvura nyinshi yaguye i Bujumbura mbere y’uko igitaramo gitangira yatumye hari bamwe mu bahanzi bataririmba.

Byari byitezwe ko The Ben afatanya na Bushali, Big Fizzo, Sat B, Lino G, Shemi, Babou n’aba DJs nka  DJ Diallo, RJ The DJ wavuye muri Tanzania na DJ Lamper.

Imvura nyinshi  yabanje kugwa i Bujumbura mu masaha ashyira umugoroba yabujije bamwe kugerera ku gihe aho igitaramo cyari bubere.

Ibi byatumye amasaha yo kugitangiza yigizwa imbere, bituma igihe cyari bumare kigabanuka.

Niyo mpamvu Lino G, Big Fizzo na Bushali batabashije kuririmba.

Ku rundi ruhande ariko, iki gitaramo cyagenze neza.

Kitabiriwe cyane kandi kiyoborwa neza na Amir Pro, umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro bakomeye mu Burundi.

Ku ikubitiro DJ Clara wari wavuye i Kigali niwe wasusurukije abafana.

Iki gitaramo cyabereye mu kigo cya gisirikare ahitwa ‘Messe des officiers’.

Abateguye iki gitaramo babwiwe ko bagomba kuba bakirangije bitarenze saa tanu z’ijoro.

The Ben yaririmbye inyinshi mu ndirimbo ze ziganjemo izakunzwe.

Ubwo yari ageze ku ndirimbo yitwa “Ndaje”, yarize, yibutsa abafana ko icya mbere bakwiye guharanira ari ukwifuriza bagenzi babo ibyiza.

Ati: “Nuramuka wifurije mugenzi wawe ibyiza Imana izaguha umugisha […] mwakoze cyane kandi Abarundi ndabakunda cyane.”

Mu gitaramo cye, The Ben yari yaherekejwe n’umugore we Uwicyeza Pamela.

Aherutse kumuha impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover y’umweru.

TAGGED:AustinBujumburafeaturedImvuratelefoniThe BenUncle
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Imbuto Mbi Y’Imyumbati Igiye Kubashonjesha
Next Article Burera: Abantu Umunani Barembeye Mu Bitaro Kubera Ubushera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?