Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Arasaba Iran Kumanika Amaboko Imbere Ya Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Trump Arasaba Iran Kumanika Amaboko Imbere Ya Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2025 8:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Trump yasabye Iran kuyamanika hakiri kare.
SHARE

Donald Trump yanditse kuri Truth Social( ni urubuga nkoranyambaga rwe ku giti cye) ko igihe kigeze ngo Iran ikamanike amaboko imbere ya Israel kandi ko ikwiye kubikora nta yandi mananiza.

Ibi abitangaje nyuma y’uko avuye igitaraganya mu Nama yari yamuhuje na bagenzi be bayobora ibihugu bigize G7 yaberaga muri Canada, agataha i Washington ku mpamvu atahise atangaza, ariko bikekwa ko zirebana n’intambara iri hagati ya Iran na Israel.

Perezida wa Amerika avuga ko Israel na Amerika bitaragira igitekerezo cyo kwica Umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.

Ati:” Kugeza ubu, nta cyemezo cyo kumwica kirafatwa.”

CBS itangaza ko hari amakuru yizewe ivana i Washington avuga ko Amerika iri guteganya gutangira kwifatanya na Israel mu bitero iri kugaba kuri Iran.

Uruhande rwa Iran ariko ntirukangwa n’ibitero bya Israel cyangwa ubufatanye yagirana na Amerika.

Khamenei yanditse ati: ” Nta mbabazi tuzaha ab’i Siyoni”

Ibihugu bikize bigize G7 bivuga ko ibiri kubera muri iriya ntambara bigamije gukuraho ubutegetsi bwa Iran muri iki gihe, uruhande rubibona gutyo rukaba ruhagarariwe n’Ubufaransa.

Ubudage bwo buvuga ko ibyo Israel iri gukorera muri Iran ari bibi, bikwiye guhagarara.

Ibivugwa mu bubanyi n’amahanga ariko ntibibuza ko buri ruhande ruri kurasa urwo bihanganye.

BBC ivuga ko uko ibintu byifashe kugeza ubu, bigaragaza ko Iran ari yo iri kuhababarira cyane.

Batanga urugero rw’uko abaturage bananiwe kumenya aho bahungira ibisasu by’indege za Israel cyane cyane ko igisirikare cy’iki gihugu gikomeje kubasaba guhunga bigishoboka.

Nyuma y’ibitero bya missiles ballistiques za Iran byasenye kandi bikica benshi mu batuye Haifa na Tel Aviv, Israel yasabye abatuye Umurwa mukuru wa Iran, Teheran, gushaka aho bahungira hakiri kare.

Bisa n’aho Israel iri gutegura ibitero simusiga muri uyu murwa mukuru utuwe n’abaturage Miliyoni zirenga 16.8.

Niwo mujyi wa kabiri utuwe cyane mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma ya Cairo mu Misiri.

Ubutumwa bwa Israel bwo gusaba abantu kuva muri Teheran bwacishijwe kuri X buragira buti: ” Baturage ba Teheran, ku bw’ubuzima bwanyu, turabasaba kuva mu turere 18 twose twa Teheran”.

Israel yasabye abaturage ba Teheran guhunga.

Nyuma y’uwo muburo, hari ibisasu byatangiye kuharaswa, bikaba byibanze ku ruganda rwa Iran rukora missiles rwubatswe i Hojir mu nkengero za Tehran.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu hari amakuru avuga ko hari ibindi bisasu byaguye kuri Kaminuza yitwa Imam Hossein University, ikaba ikorana n’Umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran zitwa Iran Revolutionary Guards.

Mu kwihimura, Iran nayo ikomeje kurasa missiles muri Israel ndetse kuri uyu wa Kabiri harashwe izigera kuri 30 zigwa rwagati muri iki gihugu.

Bivugwa ko ntawe zahitanye, ariko uruhande rwa Iran rwo ntacyo rurabitangazaho.

Mu gihe ibintu bimeze gutyo, Iran ivuga ko idatewe ubwoba n’ibyo Amerika iyikangisha,  Ayatollah Ali Khamenei akavuga ko igihugu cye kitazaha agahenge Israel kandi ko niba ari intambara bazayirwana.

Trump we avuga ko uyu mugabo ashatse yamanika amaboko kuko bazi aho yihishe, kandi bashobora kumuhitana igihe cyose babishakira, gusa ngo icyo gihe ntikiragera.

TAGGED:AmerikaAyattolahIntambaraIranIsraelTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwabonye Miliyoni $ 300 Z’Imishinga Yo Kwita Ku Bidukikije
Next Article Impuguke Ya BNR Isobanura Akamaro Ko Gushora Mu Mpapuro Mpeshamwenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Basaza Babo-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?