Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Yashinze Ibiro ‘Office Of Donald J Trump’ Byerekana Inyota Agifite Yo Kuyobora USA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Trump Yashinze Ibiro ‘Office Of Donald J Trump’ Byerekana Inyota Agifite Yo Kuyobora USA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu wa USA aheruka, ndetse akirukanwa burundu kuri Twitter, Bwana Donald J Trump yatangije Ibiro Bye bizajya bikurikirana umurage yasize akiri Perezida wa USA, harimo nicyo yise ‘America First’

Ibi biro bizajya bikurikirana niba ibitekerezo Trump yari afite akiri Perezida wa USA bigifite agaciro kandi bikagasigasira.

Trump arashaka ko n’ubwo yamaganywe nka Perezida wategetse nabi USA kurusha abandi, umurage w’uko Amerika ari iya Mbere ku Isi utagomba gucubangana.

Uyu mugabo wa mbere ukize kurusha abandi bategetse USA yaboneyeho no gushing urubuga rwo kuri murandasi azajya acishaho gahunda nkuru zigize ibiro bye.

Uru rubuga yarwise 45Office.com. Iyi nyito ifitanye isano n’uko yabaye Perezida wa 45 wa Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ikirangantego cy’iriya website hariho Donald J. Trump n’umugore we Melanie Trump bahagaze mu kirangantego cya USA bari kubyina.

Kuri ruriya rubuga haranditse hati: “ Binyuze muri ibi biro, Donald J Trump azakomeza kuba Umuturage w’intangarugero mu guharanira ko USA ikomeza kuba igihugu kihagazeho mu ruhando rw’amahanga kandi gitinywe. Izahora ari igihugu giteye imbere kurusha ibindi kandi giharanira amahoro.”

Jason Miller wabaye umujyanama wa Trump igihe kirekire akaba n’umuvugizi we mu bikorwa byo kwiyamamaza mu 2020, aherutse kubwira Fox News ko Trump azasubira ku mbuga nkoranyambaga mu mezi abiri cyangwa atatu ari imbere.

Yongeyeho ko ruzaba ari urubuga rwe bwite, ruzahita ruganwa na miliyoni nyinshi z’abantu ndetse rugahindura imikorere y’imbuga nkoranyambaga.

Ati “Ni ikintu ntekereza ko kizaba gikomeye cyane mu mbuga nkoranyambaga. Bizazana impinduka mu mukino kandi buri wese ategereje kureba icyo Perezida Trump azakora, ariko ruzaba ari urubuga rwe.”

Miller yavuze ko Trump amaze kwegerwa n’ibigo byinshi bimusaba ubufatanye ndetse ko arimo kuvugana n’abantu batandukanye kuri urwo rubuga rushya.

Trump na Madamu we Melanie Trump
TAGGED:IgihuguPerezidaTrumpUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwohereje Abapolisi 80 Mu Butumwa Bw’Amahoro Muri Sudan y’Epfo
Next Article Semanza Ufungiwe Jenoside Yongeye Gusaba Kurekurwa Atarangije Ibihano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?