Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Arashaka Guhuza Misiri Na Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tshisekedi Arashaka Guhuza Misiri Na Ethiopia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2021 1:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubilika ya Demukarasi ya Kongo  Felix Tshisekedi arateganya guhuza  Perezida wa Misiri, ubuyobozi bwa Sudani na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia kugira ngo baganire uko bakemura ikibazo batumvikanaho gishingiye ku rugomero Ethiopia iri kubaka ku mugezi wa Nili.

Ni urugomero Ethiopia yise Grand Ethiopian Renaissance Dam, ikavuga ko ruzafasha Afurika kwihaza muby’amashyanyarazi, ariko Misiri yo ikemeza ko ruzatuma amazi yarwo agabanuka bityo ikicwa n’inzara.

Ubwo yatorerwaga kuyobora  Umuryango  w’Afurika yunze ubumwe, yavuze ko kimwe mu bibazo azakemura harimo no guhuza  Ethiopia, Sudani na Misiri bakaganira uko bakemura kiriya kibazo.

Misiri na Sudani bivuga ko Ethiopia iri gukora umushinga ugamije inyungu zayo gusa, ikawukora ititaye ku ngaruka kugabanuka kw’amazi ya Nili kuzagira ku bindi bihugu iha amazi.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ivuga ko mbere y’uko Abakuru b’ibihugu birebwa na kiriya kibazo bahura, hazabanza kuba Inama izahuza ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga, ikazaba hagati ya tariki 03, Mata, 2021, Inama y’Abakuru ba biriya bihugu izaba yitabiriwe kandi na Bwana Moussa Faki Mahamat, uyobora Komisiyo y’Afurika Yunze Ubumwe.

Inama y’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga izirabirwa na Minisitiri Demeke Mekonnen wa Ethiopia, Mariam al-Mahdi wa Sudani na Sameh Shoukri wa Misiri. Repubulika ya Demukarasi ya Kongo yo izaba ihagarariwe na Prof Alphonse Ntumba Luaba.

N’ubwo Tshisekedi ashaka ko ibintu bikemuka mu mahoro, Perezida wa Misiri Bwana Abdel Fattah Al Sisi aherutse kuvuga ko niba Ethiopia ishaka intambara izayibona niramuka ikoze ku mazi ya Nili.

Yavuze ko uzahirahira agashaka gukoa kuri Nili n’igitonyaga na kimwe cy’amazi bizamukoraho.

Nili

Ati: “ Muzabareke bageragaze bazabyibonera. Nta muntu wakora ku mazi ya Nili kuko yaba ashaka gukora mu jisho ry’intare. Gutwara amazi ya Nili ni nyirantarengwa.”

Misiri, Ethiopia na Sudani biri mu ntambara y’amagambo ishobora no kuba intambara yeruye mu gihe umugambi wa Ethiopia wo kubaka ruriya rugomero wakomeza uko wateguwe.

Uwo mugambi ni uwo kubaka urugomero runini ruzatanga amashanyarazi ashobora kugaburira igice kinini cy’Afurika.

TAGGED:EthiopiafeaturedMisiriTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Misiri Baremeye Ab’ U Burundi
Next Article Perezida Kagame Yahuriye Na Tony Blair Mu Nama Yiga Kuri COVID-19 Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?