Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi i Paris Kuganira Ku Rwanda Na M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi i Paris Kuganira Ku Rwanda Na M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2024 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere taliki 29 no kuri uyu wa Kabiri Felix Tshisekedi araba ari i Paris mu Bufaransa aho ajyanywe no gusaba Emmanuel Macron gufatira u Rwanda ibihano ngo kuko rukomeje gufasha M23.

Indi ngingo Jeune Afrique yanditse ko imujyanye ni iyo kongera imikoranire y’ubukungu hagati y’igihugu cye n’Ubufaransa.

Ubwo Emmanuel Macron yaherukaga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hashize umwaka, yahagiriye ikiganiro yagejeje ku banyamakuru ari kumwe na mugenzi we Felix Tshisekedi.

Icyo gihe yatangaje uko yabonaga ibintu, avuga ko ikibazo cya M23 ndetse n’ibindi bitagenda muri DRC ari ikibazo kigomba gukemurwa mbere na mbere n’ubuyobozi bwa DRC aho kurebera ahandi.

Kugeza ubu, umuti utangwa ni uw’ibiganiro hagati ya M23 na Kinshasa kugira ngo ibitagenda neza bikemurwe, impande zombi zumvikane ku muti urambye watangwa.

Ibiganiro byabereye i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya nibyo bitangwa nk’uburyo bwo kugarura amahoro.

Uruhande rwa DRC rwo si uko rubyumva kuko ruvuga ko abahuza bahengamiye kuri M23, iyo ikaba ari nayo mpamvu habayeho kwitabaza umuryango wa SADC ngo uzane ingabo zo guhangamura M23 uretse ko  nabyo bisa n’ibiri kugorana.

Ifoto y’ikigereranyo: Tshisekedi ubwo yari agiye mu Budage

TAGGED:BufaransaDRCIngaboM23MacronTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RGB Yisobanuye Imbere Ya Sosiyete Sivile
Next Article Nyamasheke: Yishe Umugore We Utwite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?