Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi i Paris Kuganira Ku Rwanda Na M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi i Paris Kuganira Ku Rwanda Na M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2024 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere taliki 29 no kuri uyu wa Kabiri Felix Tshisekedi araba ari i Paris mu Bufaransa aho ajyanywe no gusaba Emmanuel Macron gufatira u Rwanda ibihano ngo kuko rukomeje gufasha M23.

Indi ngingo Jeune Afrique yanditse ko imujyanye ni iyo kongera imikoranire y’ubukungu hagati y’igihugu cye n’Ubufaransa.

Ubwo Emmanuel Macron yaherukaga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hashize umwaka, yahagiriye ikiganiro yagejeje ku banyamakuru ari kumwe na mugenzi we Felix Tshisekedi.

Icyo gihe yatangaje uko yabonaga ibintu, avuga ko ikibazo cya M23 ndetse n’ibindi bitagenda muri DRC ari ikibazo kigomba gukemurwa mbere na mbere n’ubuyobozi bwa DRC aho kurebera ahandi.

Kugeza ubu, umuti utangwa ni uw’ibiganiro hagati ya M23 na Kinshasa kugira ngo ibitagenda neza bikemurwe, impande zombi zumvikane ku muti urambye watangwa.

Ibiganiro byabereye i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya nibyo bitangwa nk’uburyo bwo kugarura amahoro.

Uruhande rwa DRC rwo si uko rubyumva kuko ruvuga ko abahuza bahengamiye kuri M23, iyo ikaba ari nayo mpamvu habayeho kwitabaza umuryango wa SADC ngo uzane ingabo zo guhangamura M23 uretse ko  nabyo bisa n’ibiri kugorana.

Ifoto y’ikigereranyo: Tshisekedi ubwo yari agiye mu Budage

TAGGED:BufaransaDRCIngaboM23MacronTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RGB Yisobanuye Imbere Ya Sosiyete Sivile
Next Article Nyamasheke: Yishe Umugore We Utwite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?