Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yagishije Museveni Inama Y’Uko Yakwivana Mu Bibazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yagishije Museveni Inama Y’Uko Yakwivana Mu Bibazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2022 11:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Uganda haraye hageze Itsinda ry’intumwa zoherejwe na Perezida  wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi  ngo zibaze mugenzi we wa Uganda uko ikibazo cya M23 cyakemuka.

Museveni yamubwiye ko uburyo bwiza cyakemukamo ari ukuganira n’abarwanyi ba M23 ikamubwira ibyifuzo byabo, aho kugira ngo ayime amatwi, ayifate nk’idakomeye.

Yabwiye itsinda riyobowe na Minisitiri w’ibikorwa bya Leta muri DRC witwa Alexis Gisaro Muvunyi ko nibasubira i Kinshasa bazageza ku Mukuru wa DRC ubutumwa buvuga ko ibyiza ari ukubona amahoro ubikesha ibiganiro kurusha intambara.

Museveni avuga ko ubundi intambara iba nziza iyo uyirwana azi icyo arwanira kandi gifite akamaro karambye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

ChimpReports yanditse ko bisa n’aho Museveni yakomozaga ku ntambara yigeze kurwana ubwo yafata Uganda, ubu hakaba hashize imyaka 50.

Yabwiye intumwa za Perezida Tshisekedi ko M 23 atari abantu bo gufatana uburemere buke, ngo yumve ko kubanesha mu buryo bwa gisirikare ari byo gusa byagarura amahoro muri kariya gace, ahubwo ngo n’ibiganiro bitarimo guca ku ruhande birakenewe.

Perezida wa Uganda avuga ko M 23 igomba gutegwa amatwi, Tshisekedi akumva icyo abayigize bashaka aho  gukomeza kubafata nk’aho ibyo basaba nta shingiro byagira.

Ese i Kinshasa bazabyakira gute?

N’ubwo ntacyo Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo Patrick Muyaya biratangaza ku muti i Kampala bavuga ko wavugutirwa kiriya kibazo, uko bigaragara bisa n’aho utari bwakirwe neza kuko ‘ushobora kuba urura.’

- Advertisement -

Ku ruhande rw’itsinda ryoherejwe na Perezida Tshisekedi, Bwana Alex Gisaro Muvunyi yavuze ko Guverinoma ya DRC yiteguye ibiganiro ndetse ngo niyo mpamvu bemeye ko hari itsinda ry’abasirikare bemeye ko ryoherezwa muri kiriya gihugu.

Icyakora avuga ko abo ku ruhande rwa M 23 badakozwa ibyo kuva mu duce bafashe kugira ngo haboneke uko hatangira ibiganiro, nta mbunda zivuga.

TAGGED:CongofeaturedM23MuseveniTshisekediUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Umutekano Mu Rwanda Avuga Ko Amakimbirane Mu Bantu Ari Karande
Next Article Abana Bari Mu Kaga Ko Kudakingirwa Indwara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?