Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yagishije Museveni Inama Y’Uko Yakwivana Mu Bibazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yagishije Museveni Inama Y’Uko Yakwivana Mu Bibazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2022 11:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Uganda haraye hageze Itsinda ry’intumwa zoherejwe na Perezida  wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi  ngo zibaze mugenzi we wa Uganda uko ikibazo cya M23 cyakemuka.

Museveni yamubwiye ko uburyo bwiza cyakemukamo ari ukuganira n’abarwanyi ba M23 ikamubwira ibyifuzo byabo, aho kugira ngo ayime amatwi, ayifate nk’idakomeye.

Yabwiye itsinda riyobowe na Minisitiri w’ibikorwa bya Leta muri DRC witwa Alexis Gisaro Muvunyi ko nibasubira i Kinshasa bazageza ku Mukuru wa DRC ubutumwa buvuga ko ibyiza ari ukubona amahoro ubikesha ibiganiro kurusha intambara.

Museveni avuga ko ubundi intambara iba nziza iyo uyirwana azi icyo arwanira kandi gifite akamaro karambye.

ChimpReports yanditse ko bisa n’aho Museveni yakomozaga ku ntambara yigeze kurwana ubwo yafata Uganda, ubu hakaba hashize imyaka 50.

Yabwiye intumwa za Perezida Tshisekedi ko M 23 atari abantu bo gufatana uburemere buke, ngo yumve ko kubanesha mu buryo bwa gisirikare ari byo gusa byagarura amahoro muri kariya gace, ahubwo ngo n’ibiganiro bitarimo guca ku ruhande birakenewe.

Perezida wa Uganda avuga ko M 23 igomba gutegwa amatwi, Tshisekedi akumva icyo abayigize bashaka aho  gukomeza kubafata nk’aho ibyo basaba nta shingiro byagira.

Ese i Kinshasa bazabyakira gute?

N’ubwo ntacyo Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo Patrick Muyaya biratangaza ku muti i Kampala bavuga ko wavugutirwa kiriya kibazo, uko bigaragara bisa n’aho utari bwakirwe neza kuko ‘ushobora kuba urura.’

Ku ruhande rw’itsinda ryoherejwe na Perezida Tshisekedi, Bwana Alex Gisaro Muvunyi yavuze ko Guverinoma ya DRC yiteguye ibiganiro ndetse ngo niyo mpamvu bemeye ko hari itsinda ry’abasirikare bemeye ko ryoherezwa muri kiriya gihugu.

Icyakora avuga ko abo ku ruhande rwa M 23 badakozwa ibyo kuva mu duce bafashe kugira ngo haboneke uko hatangira ibiganiro, nta mbunda zivuga.

TAGGED:CongofeaturedM23MuseveniTshisekediUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Umutekano Mu Rwanda Avuga Ko Amakimbirane Mu Bantu Ari Karande
Next Article Abana Bari Mu Kaga Ko Kudakingirwa Indwara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?