Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yakoze Impinduka Zikomeye Mu Ngabo Ze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yakoze Impinduka Zikomeye Mu Ngabo Ze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2022 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Antoine Tshisekedi yakoze impinduka mu ngabo ze ashyiraho umugaba mukuru w’ingabo mushya ndetse n’uyobora abasirikare bashinzwe kumurinda yahinduwe.

Umugaba mukuru w’ingabo za DRC yitwa Lt Gen Christian Tshiwewe Songesha n’aho uyobora ingabo zirinda Umukuru w’igihugu ni Major Gen Ephraïm Kabi Kiriza.

Mbere y’uko agirwa umuyobozi mukuru w’ingabo zirinda Tshisekedi, Major Gen Kabi Kiriza Ephraim yari ashinzwe ibiro bikurikirana imikorere y’ingabo zirinda Perezida.

Mu buyobozi bw’ingabo zirinda Perezida Tshisekedi, Kabi Kiriza yungirijwe na Brig Gen Inengeli Baka Thierryson, uyu akaba ashinzwe by’umwihariko ubutasi n’amakuru mu gihe ushinzwe ibikoresho n’ubutegetsi ari Brig Gen Mulumba Kabanangi Désiré.

Impinduka mu gisirikare cya DRC zibaye mu gihe hari hashize igihe gito havuzwe ubugambanyi muri bamwe mu basirikare bakuru b’iki gihugu ndetse ngo bashakaga no kumuhirika k’ubutegetsi.

Major Gen Ephraïm Kabi Kiriza
Lt Gen Christian Tshiwewe Songesha

Lt Gen Christian Thiwewe Songesha wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC yavutse ku ya 27 Ukwakira 1968 i Lubumbashi, ahahoze ari intara ya Haut-Katanga.

Uyu musirikare uri mu bakomeye muri RD Congo yinjiye igisirikare kubwa Mobutu azwiho kuba yarabaye umwizerwa ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.

Yakoze imyitozo ya gisirikare ihambaye yo muri Israel yo kurwanya imitwe y’iterabwoba n’andi masomo yo kuyobora ingabo no kuzishyira ku murongo uhamye.

Mu minsi ishize yagaragaye mu mihanda i Kinshasa we n’abasirikare yari ayoboye basaba Umukuru w’igihugu kubaha uburenganzira bwo gutera u Rwanda k’umugaragaro.

Ni umugabo uzwiho kutajya imbizi n’Abanye Congo bavuga ikinyarwanda kuko abafata nk’abazanye akaga n’amakuba ku gihugu cye.

Uyu musirikare wagizwe umugaba mukuru w’ingabo za Congo, amakuru avuga ko yahawe inshingano zo gushyira igisirikare ku murongo no kugarura Umujyi wa Bunagana n’utundi duce twigaruriwe na M23.

TAGGED:AbasirikareCongoDRCfeaturedTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yiyemeje Kuzatwika u Burusiya Nibukora Ikosa…
Next Article Muhanga: Yafatanywe Magendu Yuzuye FUSO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?