Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yasabye ‘Abaturage Bose’ Guhaguruka Bakarwanya u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yasabye ‘Abaturage Bose’ Guhaguruka Bakarwanya u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi yeruye asaba abaturage be bose ko mu bushobozi buri wese afite ahaguruka akarwanya u Rwanda yita ko rusumbirije igihugu cye rubinyujije muri M23. Ibyo gufasha uyu mutwe w’inyeshyamba u Rwanda rwabihakanye kuva kera.

Hari mu ijambo yaraye agejeje ku baturage b’igihugu cye, ubwo  Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yarangururaga akabasaba guhagaurukana n’iyonka bakivuna umwanzi wabateye.

Uwo mwanzi avuga ko ari u Rwanda.

Yavuze ko abaturage b’igihugu cye  ubwabo aribo bazigobotora igitero bagabweho n’u Rwanda rwa Perezida Kagame.

Tshisekedi yabanje kwereka  abaturage be ingaruka ibyo bitero byabagizeho, avuga ko abagera ku 200,000 bavuye mu byabo bajya kuba impunzi.

Muri ubwo buzima ngo kubona icyo barya ni ikibazo kibakomereye kandi barahoze bishoboye.

Yanababwiye ko ibyo u Rwanda rukorera mu gihugu cye rwitwaje M23 nta kindi bigamije uretse kubasahura umutungo kamere w’igihugu cyabo.

Perezida wa DRC yabwiye abaturage be ko nta ko atagize ngo amahoro hagati ya Kigali na Kinshasa aboneke binyuze mu biganiro ariko ngo u Rwanda rubyima amatwi.

Ati “Kugira ngo iki kibazo gikemuke inzira zihari ni ebyiri: Dipolomasi cyangwa intambara.”

Uyu muyobozi mukuru w’iki gihugu yabwiye abaturage be ko atazabatererana cyangwa ngo acike intege mu kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo, ariko nanone abasaba kunga ubumwe bakarenga ibindi byose bibatanya ubundi bagahagurukira rimwe bakarwanya umwanzi yise u Rwanda.

Ati: “Tugomba twese kumenya ko nta wundi muntu utari twe uzaza gukiza igihugu cyacu kandi ibi bisaba buri wese muri twe.”

Ku rundi ruhande, yasabye ingabo z’igihugu cye  kurengera ubusugire bwacyo  nta kujenjeka no guhangana n’ibitero byose aho byaturuka hose.

Icyakora nanone yasabye ko amagambo yose y’urwango arwanya abaturage b’igihugu cye bavuga Ikinyarwanda ahagarara kandi ngo  uzafatwa azahanwa bikomeye.

Urubyiruko rwahamagariwe kudahumbya, mu rwego rwo gufasha ingabo za Leta kumenya amayeri y’umwanzi no kuzishyigikira ku rugamba rutazoroheye.

Hagati aho, hari amakuru avuga ko hari ahantu hatandukanye hagiye gufungurwa ibigo bitoza urubyiruko kuba umusirikare.

Ni mu rwego rwo gushaka abasore n’inkumi bajya gutera ingabo mu bitugu abasirikare ba DRC basumbirijwe n’abarwanyi ba M23.

 

TAGGED:CongoDRCfeaturedIntambaraKagameRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Kenya Ngo Zagiye Muri DRC Gutabara Umuturanyi
Next Article Netanyahu Agarutse K’Ubutegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?