Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yatangiye Kuyobora AU, Ingingo Z’Ingenzi Z’Ijambo Rye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yatangiye Kuyobora AU, Ingingo Z’Ingenzi Z’Ijambo Rye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2021 5:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Tshisekedi niwe wasimbuye Ramaphosa ku buyobozi bwa AU
SHARE

Nyuma yo guhererekanya ububasha na Perezida Cyril Ramaphosa wari umaze umwaka ayobora Afurika yunze ubumwe, Perezida Felix Tshisekesi yavuze ijambo rikubiyemo ibyo ateganya kuzageza kuri Afuruka mu mwaka utangiye.

Ijambo rye yarivuze mu Gifaransa, agaruka ku ngingo zirimo COVID-19, isoko rusange ry’Afurika n’ibindi.

Yashimiy mugenzi wanjye Cyril Ramaphosa wari umaze umwaka ayobora uyu muryango kandi akaba yarawuyoboye mu bihe bigoye by’icyorezo COVID-19 kandi akaba yarafashije ibihugu byacu guhangana nacyo.

Kuri we[Tshisekedi] ni iby’agaciro ku gihugu cye kuba kigiye kuyobora Umuryango w’Afurika yunze ubumwe kandi muri iki gihe bikaba bihuriranye n’uko mu gihugu cye bibuka intwari Emery Patrice Lumumba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabwiye bagenzi be ko intwari Lumumba yaharaniraga ko  Afurika yunga ubumwe.

Perezida Tshisekedi yavuze ko ubu abonye uburyo bwo gushyira mu bikorwa ibyo intwari yabo yaharaniraga n’ubwo yatabarutse itabigezeho.

Perezida Tshisekedi yavuze kandi ko ubwigenge n’iterambere ry’Afurika byahoze mu byo umunya Senegal Leopold Sedar Senghor yafuzaga.

Yabwiye abari bamuteze amatwi ko bagomba gukomeza gukorana kugira ngo bacecekeshe imbunda zimaze igihe zihitana abatuye Afurika cyane cyane abo mu gace ka Sahel, Centrafrique n’ibice bimwe by’igihugu cye.

Ntiyibagiwe kandi abaturage bamwe bo muri Mozambique bicwa n’abarwanyi bavuga ko ari aba Al Quaida.

- Advertisement -

Yagarutse ku isoko rusange ry’Afurika…

Perezida Tshisekedi yavuze ko azaharanira ko isoko rusange ry’Afurika riherutse gutangizwa ryazakora neza ku nyungu z’ibihugu byose birigize.

Iri soko mu Gifaransa baryita l’Accord de Libre-échange Continentale Africaine (ZLECAf).

Yashimye uruhare Perezida wa Niger Bwana Mahamadou Issoufou yagize kugira ngo ritangizwe.

Kuri we kandi ririya soko ryerekana ko Afurika itangiye kwigenga mu by’ubukungu bugamije iterambere muri byinshi harimo n’inganda n’ubwo urugendo rukiri rurerure.

Ndabasaba ko dusohoka mu biro…

Perezida Tshisekedi yabwiye bagenzi be ko mu mwaka agiye kuyoboramo Afurika yunze ubumwe, azaharanira ko we na bagenzi be begera abaturage kurushaho, bakava mu biro.

Ati: “ Ndizera ko ubufatanye bwacu buzatuma Umuryango w’Afurika yunze ubumwe ugera ku nshingano zawo zo kuzamura ireme ry’imibereho y’abatuye uyu mugabane.”

Yarangije ijambo rye yibutsa abari aho imvugo y’umuhanga mu mateka wo mu gihugu cye witwa Joseph Ki-Zerbo ‘uvuga ko Afurika itazatezwa imbere, ahubwo iziteza imbere.’

Niwe ugiye kuyobora uyu muryango mu gihe cy’umwaka
TAGGED:AfurikafeaturedRamaphosaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Irinde Cancer, Irinde Itabi, Urye Neza, Ukore Siporo…
Next Article Dr. Nsanzabaganwa Yatorewe Kungiriza Umuyobozi Wa Afurika Yunze Ubumwe
2 Comments
  • how to make essay says:
    08 February 2021 at 9:31 am

    I do not even understand how I finished up here, however I assumed this publish was
    good. I don’t recognize who you’re but certainly you aare going to a well-known blogger in case you are not
    already. Cheers!

    Reply
  • Nyirinkwaya says:
    08 February 2021 at 2:18 pm

    Muraho neza Ikinyamakuru Taarifa. Ndabashimira kumakuru mutugezaho aba agezweho. Ndi umwe mubabasha gusoma inkuru yanyu igisohoka. Biranezeza. Bituma menya ibigezweho mu Rwanda no kwisi mungeri zose haba politiki, ubukungu, imibereho y’abaturage, umuryango, siporo n’imyidagaduro.

    Nubwo bimeze neza, ndifuza kubasaba ko mwashaka umuntu uzajya ukosora imyandikire munkuru mutangaza. Kenshi nsangamo amakosa menshi y’iyandikire kuburyo umuntu utamenyereye uburyo mwandika yatakaza icyerekezo cy’ubusobanuro mwatanze. Murakoze, murakarama.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?