Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yemeye Kuzahura Na Kagame Bakaganira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yemeye Kuzahura Na Kagame Bakaganira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2024 9:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’amasaha atatu y’ibiganiro hagati ye  na mugenzi we uyobora Angola, Perezida Felix Tshisekedi yaje kwemera guhura na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame bakaganira kubyo igihugu cye kimaze igihe gishinja u Rwanda.

Nk’uko yari aherutse kubitangariza itangazamakuru ryo mu gihugu cye by’uko azasura Angola akaganira na Joao Lorenco, Perezida Felix Tshisekedi yaraye ahuye nawe ibyo biganiro biraba.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola witwa Tete António niwe watangaje ko Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko mu gihe gito kiri imbere Tshisekedi azahura na Kagame ariko hahise hatangizwa imyiteguro y’uburyo bazahura n’aho bazahurira.

Iki cyemezo gisa n’igitanga ibimenyetso by’uko umwuka hagati ya Kigali na Kinshasa ushobora kongera kuba mwiza.

Icyo kizere gishingiye ku ngingo y’uko Perezida wa DRC yari aherutse kuvuga ko iyo arebye uko ibintu byifashe muri iki gihe, asanga ibiganiro by’amahoro ari wo muti uhuje n’ubwenge kurusha intambara.

Hagati aho amakuru avuga ko Tshisekedi yifuza ko abarwanyi na M23 bajya mu nkambi, bagahagarika imirwano.

Iby’intambara yari yarabivuze mu mpera z’umwaka wa 2023 ubwo yiyamamazaga, akizeza abaturage ko nibamutora hakagira isasu ryongera kugwa ku butaka bw’igihugu cye rirashwe na M23 azasaba Inteko ishinga amategeko kumwemerera agatangiza intambara ku Rwanda.

Iyi mvugo yatumye u Rwanda ruhita rufata ingamba zikomeye zo kurindira umutekano mu mpande zose zishoboka.

Kubera ko ibintu byari bimaze gufata indi ntera, Amerika yakoze uko ishoboye ngo ibe umuhuza, ireba uko yacubya uwo mwuka mubi ku mpande zombi.

Biravugwa ko n’intambwe y’ububanyi n’amahanga iri guterwa muri iki gihe iri kugirwamo uruhare na Washington.

TAGGED:AngolafeaturedIbiganiroIntambaraKagameLorencoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusivili Wari Uhagarariye u Rwanda Muri Tanzania Yasimbujwe Jenerali
Next Article Muhanga: Barashinja WASAC Kudasaranganya Amazi Mu Buryo Buboneye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?