Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yemeye Kuzahura Na Kagame Bakaganira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yemeye Kuzahura Na Kagame Bakaganira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2024 9:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’amasaha atatu y’ibiganiro hagati ye  na mugenzi we uyobora Angola, Perezida Felix Tshisekedi yaje kwemera guhura na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame bakaganira kubyo igihugu cye kimaze igihe gishinja u Rwanda.

Nk’uko yari aherutse kubitangariza itangazamakuru ryo mu gihugu cye by’uko azasura Angola akaganira na Joao Lorenco, Perezida Felix Tshisekedi yaraye ahuye nawe ibyo biganiro biraba.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola witwa Tete António niwe watangaje ko Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko mu gihe gito kiri imbere Tshisekedi azahura na Kagame ariko hahise hatangizwa imyiteguro y’uburyo bazahura n’aho bazahurira.

Iki cyemezo gisa n’igitanga ibimenyetso by’uko umwuka hagati ya Kigali na Kinshasa ushobora kongera kuba mwiza.

Icyo kizere gishingiye ku ngingo y’uko Perezida wa DRC yari aherutse kuvuga ko iyo arebye uko ibintu byifashe muri iki gihe, asanga ibiganiro by’amahoro ari wo muti uhuje n’ubwenge kurusha intambara.

Hagati aho amakuru avuga ko Tshisekedi yifuza ko abarwanyi na M23 bajya mu nkambi, bagahagarika imirwano.

Iby’intambara yari yarabivuze mu mpera z’umwaka wa 2023 ubwo yiyamamazaga, akizeza abaturage ko nibamutora hakagira isasu ryongera kugwa ku butaka bw’igihugu cye rirashwe na M23 azasaba Inteko ishinga amategeko kumwemerera agatangiza intambara ku Rwanda.

Iyi mvugo yatumye u Rwanda ruhita rufata ingamba zikomeye zo kurindira umutekano mu mpande zose zishoboka.

Kubera ko ibintu byari bimaze gufata indi ntera, Amerika yakoze uko ishoboye ngo ibe umuhuza, ireba uko yacubya uwo mwuka mubi ku mpande zombi.

Biravugwa ko n’intambwe y’ububanyi n’amahanga iri guterwa muri iki gihe iri kugirwamo uruhare na Washington.

TAGGED:AngolafeaturedIbiganiroIntambaraKagameLorencoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusivili Wari Uhagarariye u Rwanda Muri Tanzania Yasimbujwe Jenerali
Next Article Muhanga: Barashinja WASAC Kudasaranganya Amazi Mu Buryo Buboneye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?