Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tugaruye Intambara Ikomeye Kuri Hamas- Netanyahu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Tugaruye Intambara Ikomeye Kuri Hamas- Netanyahu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2025 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Benyamini Netanyahu yatangaje ko igihugu cye cyatangije intambara kandi ikomeye kuri Hamas nyuma yo kuyingingira kurekura abantu bayo yanyaze ikabyanga.

Yaraye abwiye abaturage be ko ibisasu Israel imaze iminsi isuka muri Gaza ari intengiriro y’ibindi bitero bikomeye

Netanyahu yavuze ko igihe kigeze ngo Hamas yemere ibiganiro ibyemejwe n’umuriro kuko ngo ubundi yigize rutare, yanga kumva.

Ibitero by’indege za Israel byarashwe muri Gaza mu minsi ibiri ishize byagiranye abantu 400 hakomereka abarenga 100 nk’uko Minisiteri y’ubuzima muri Gaza yabibwiye BBC.

Tariki 19, Mutarama, 2025 nibwo ibiganiro by’amahoro hagati ya Hamas na Israel byatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Hari hashize igihe impande zombi ziganirira i Doha muri Qatar uko intambara yatangiye mu Ukwakira, 2023 yahagarara.

Nyuma yo gushyira mu bikorwa icyiciro cya mbere cy’ariya masezerano, impande zombi zaje kunaniranwa ku migendekere y’icyiciro cyagombaga gukurikiraho.

Buri ruhande rwashinjaga urundi kuzana amananiza.

Ibitero by’indege za Israel byamaganywe n’igihugu cy’umuhuza ari cyo Qatar, kivuga ko byaje gukoma mu nkokora ibyagezweho mu kubanisha impande zari zihanganye.

Hagati aho, bamwe mu bayobozi bakuru ba Hamas bamaze kugwa muri biriya bitero barimo Major General Mahmoud Abu Watfa wari Minisitiri wungirije ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu muri Gaza n’abandi.

TAGGED:HamasIbiteroIndegeIntambaraIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yahuriye Na Tshisekedi Muri Qatar 
Next Article Angola Irashaka Uko M23 Yakwemera Kuganira Na Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?