Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tugaruye Intambara Ikomeye Kuri Hamas- Netanyahu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Tugaruye Intambara Ikomeye Kuri Hamas- Netanyahu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2025 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Benyamini Netanyahu yatangaje ko igihugu cye cyatangije intambara kandi ikomeye kuri Hamas nyuma yo kuyingingira kurekura abantu bayo yanyaze ikabyanga.

Yaraye abwiye abaturage be ko ibisasu Israel imaze iminsi isuka muri Gaza ari intengiriro y’ibindi bitero bikomeye

Netanyahu yavuze ko igihe kigeze ngo Hamas yemere ibiganiro ibyemejwe n’umuriro kuko ngo ubundi yigize rutare, yanga kumva.

Ibitero by’indege za Israel byarashwe muri Gaza mu minsi ibiri ishize byagiranye abantu 400 hakomereka abarenga 100 nk’uko Minisiteri y’ubuzima muri Gaza yabibwiye BBC.

Tariki 19, Mutarama, 2025 nibwo ibiganiro by’amahoro hagati ya Hamas na Israel byatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Hari hashize igihe impande zombi ziganirira i Doha muri Qatar uko intambara yatangiye mu Ukwakira, 2023 yahagarara.

Nyuma yo gushyira mu bikorwa icyiciro cya mbere cy’ariya masezerano, impande zombi zaje kunaniranwa ku migendekere y’icyiciro cyagombaga gukurikiraho.

Buri ruhande rwashinjaga urundi kuzana amananiza.

Ibitero by’indege za Israel byamaganywe n’igihugu cy’umuhuza ari cyo Qatar, kivuga ko byaje gukoma mu nkokora ibyagezweho mu kubanisha impande zari zihanganye.

Hagati aho, bamwe mu bayobozi bakuru ba Hamas bamaze kugwa muri biriya bitero barimo Major General Mahmoud Abu Watfa wari Minisitiri wungirije ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu muri Gaza n’abandi.

TAGGED:HamasIbiteroIndegeIntambaraIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yahuriye Na Tshisekedi Muri Qatar 
Next Article Angola Irashaka Uko M23 Yakwemera Kuganira Na Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Muhanga: Ba Nyiri Ibirombe Bibukijwe Gushyira Abakozi Muri Ejo Heza

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tshisekedi Yavuze Ko u Rwanda Rutacyuye Ingabo Zarwo

Trump Yabwiye Isi Ko Ikabiriza Iby’Imihindagurikire Y’Ikirere

Intambara Iratutumba Hagati Ya Pologne N’Uburusiya

Ubufaransa Bwatangaje Ko Bwemeye Palestine Nk’Igihugu Kigenga Byuzuye

U Rwanda Rwiyemeje Kuba Ihuriro Ry’Ishoramari Mu Karere- RDB

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ese Netanyahu Azasinya Inyandiko Ya Amerika Yo Kurangiza Intambara Na Hamas?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rusizi: Inzu Y’Ubucuruzi Yakongotse Nta Bwishingizi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Abarimo Umukobwa Bakurikiranyweho Gucuruza Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rutsiro: Barashakishwa Kubera Icyaha Bakoreye i Karongi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?