Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tuzarasa Iran Niyo Andi Mahanga Atabidufashamo- Minisitiri W’Intebe Wa Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tuzarasa Iran Niyo Andi Mahanga Atabidufashamo- Minisitiri W’Intebe Wa Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2021 3:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Naftali Bennett yabwiye radio y’ingabo za Israel ko igihugu cye cyamaze gushyira ku murongo ibisabwa byose ngo kizagabe igitero ku nganda za Iran zikora intwaro za kirimbuzi.

Avuga ko ibiganiro biri kuba hagati ya Iran n’ibihugu bikomeye ku isi ngo amasezerano yo mu mwaka wa 2015 asubizweho nibigira icyo bigeraho, Israel izashoza intambara kuri Iran.

Hagati aho ariko, Naftali avuga ko inzego z’igihugu cye zishinzwe iperereza n’ubutasi ziri gukora uko zishoboye ngo zikome mu nkokora imigendekere myiza ya biriya biganiro biri kubera i Vienna.

Kimwe mu byerekana ko Israel yiyemeje kuzarasa kuri Iran ni uko n’uwo Naftali yasimbuye ariwe Benyamini Netanyahu nawe yatangaje ko ashyigikiye ko igihugu cye cyarasa kuri Iran.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Naftali Bennett yavuze ko muri iki gihe icyo Israel icyeneye ari ibikorwa atari amagambo.

Nta gihe kinini gishize, umusirikare mukuru uzaba ushinzwe ingabo zirwanira mu kirere za Israel witwa Major General Tomer Bar avuga ko nawe yiteguye rwose kuzarasa Iran.

Uyu musirikare yavuze ko nagera mu nshingano, ibitero kuri Iran ari byo bizashyirwa ku mwanya wa mbere mu byo agomba kwigaho akanabishyira mu bikorwa.

Ibiganiro biri kubera i Vienna biyobowe n’Abanyaburayi bahagarariwe na Enrique Mora.

Iran ivuga ko nikurirwaho ibihano mu by’ubukungu yafatiwe, nayo izakuraho gahunda yayo yo gushongesha ubutare bwa Uranium bukoreshwa mu ngufu za kirimbuzi hagamijwe inyungu za gisirikare.

- Advertisement -

Iran ivuga ko, ahubwo, izakomeza gukora ingufu zikoreshwa mu bikorwa bya gisivili.

Ibi ariko ab’i Yeruzalemu ntibabikozwa!

Bavuga ko butakwizera ko ibizava muri biriya biganiro bizaba bigamije inyungu za Israel.

Israel ivuga ko kuganira na Iran bidafututse kuko ngo nta ngingo ifite yagombye guheraho iganira n’amahanga ngo ayitege amatwi.

Naftali Bennett yavuze ko igihugu cye cyateguye umugambi uhamye wo gukomanyiriza Iran, ntizabone aho yerekera.

Naftali Bennett

Yemeza ko Israel yarakariye bikomeye Iran itabitewe gusa n’uko ifite ahantu itunganyiriza ibisasu bya kirimbuzi, ahubwo ibitewe n’uko mu myaka 30 ishize, Iran yakomeje gutera inkunga abarwanyi barashe muri Israel za ‘rockets’ nyinshi zikica abaturage.

Yatanze urugero rw’uko mu mwaka icumi ishize, Iran yahaye umutwe wa Hezbollah ibisasu 100 000 byo kurasa kuri Israel.

Israel ivuga ko yizeye neza ko umunsi yarashe kuri Iran bitazarakaza Amerika ariko ko niyo byayirakaza, amahitamo ya Israel azaba ari ayo!

Bennett ati: “ Turi gukorana na Amerika k’uburyo tuzabikora nta rusaku hagati yacu nayo kandi rwose nirinda guhubuka ngo mvuge ko ntangije intambara…Oya. Icyo nshaka ni ibikorwa kandi bikozwe neza bucece k’uburyo ntawe muri twe bizatungura. Gusa nibinasakuza nta kundi nyine ubwo tuzabifata uko!”

Hashize igihe Israel iri kwiga icyo byayisaba iramutse igabye ibitero by’indege ku nganda zikora ibisasu za Iran.

Ifite indege za F 35 zishobora kurasa yo ariko zigahura n’ikibazo cy’urugendo rurerure hareshya na Kilometero 1000.

Hejuru y’ibi, ikibazo nyamukuru ni uko indege z’Intambara za Israel zizabura aho zigwa ngo zinywe amavuta zikomeze akazi.

Hagati aho rero zicyeneye indege izazitwaza amavuta ariko iyo ndege Israel ntirayibona kugeza ubu nk’uko Gen Bar aherutse kubivuga.

Izindi mbogamizi ni uko byasaba Israel guca mu kirere cy’ibindi bihugu nka Jordan( iki ni inshuti yayo), Saudi Arabia( mu Majyepfo),  ibihugu nka Lebanon na Syria mu Majyaruguru ndetse na Iraq ( mu gice cyo hagati).

Israel ni igihugu gito cyane kuri Iran kandi kiri kure yayo. N’ubwo ari uko bimeze ariko ivuga ko izayirasa bidatinze

Ku rundi ruhande ariko Israel ivuga ko hari indi migambi yateguye izayifasha muri kariya kazi.

TAGGED:featuredIndegeIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niger Yirukanye Abanyarwanda Umunani Baherukaga Kwimurirwayo
Next Article Ubucuruzi Bw’u Rwanda Mu Bushinwa Bwatitije Ibirwa Bya Maurice
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?