Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twasize Inyuma Amateka Mabi -Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twasize Inyuma Amateka Mabi -Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2024 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye ikiganiro yatangiye muri Milken Institute ko u Rwanda rwasize inyuma amateka mabi rwaciyemo. Avuga ko icyo we n’abandi Banyarwanda benshi bahuriyeho ari uguharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi.

Ni ikiganiro cyagarutse ku rugendo rw’iterambere u Rwanda rwaciyemo kuva mu mwaka wa 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwaga kugeza ubu.

Kagame avuga ko kiriya gihe cyose cyaranzwe no kugira amahitamo ashingiye ku byo Abanyarwanda basanze ari ingenzi kuri bo.

Avuga ko nubwo yabaye impunzi afite imyaka ine, we n’abandi bari bari kumwe basanze igikwiye ari ugutaha mu gihugu cyabo bagaca akarengane bari baragiriwe ubwo birukanwaga mu gihugu cyabo ndetse n’akakorerwaga Abanyarwanda barubagamo.

Richard Ditizio uyobora Ikigo Milken Institute yabajije Perezida Kagame niba amateka u Rwanda rwanyuzemo ari yo yamugize we cyangwa hari amasomo yayakuyemo.

Yamusubije ko we n’abandi Banyarwanda benshi amateka mabi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 yabasigiye isomo rinini.

Ni isomo ry’uko umuntu ashobora gukora ibibi bikomeye ariko nanone ko uwo muntu ashobora no kuba umuntu mwiza cyane, uhindura ibintu bikajya mu murongo ushimwa na benshi.

Ikindi ni uko ayo masomo yatumye Paul Kagame aba Umukuru w’igihugu ushyira inshingano ze mu bikorwa ashingiye kuri ayo masomo ngo yirinde ko hari icyakongera kubaho kimeze nk’ibyo Abanyarwanda baciyemo bibi.

Ati: “U Rwanda rwanyuze mu bibazo byinshi, kandi ku rwego rwanjye, n’umuryango wanjye, twabaye impunzi mfite imyaka ine. Nagumye mu nkambi imyaka irenga makumyabiri nyuma habaho ayo mateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kubera ivangura ryariho”.

Yemeza ko mu bihe nk’ibyo umuntu aba agomba gufata icyemezo, akibaza niba aba agomba kubireka bikamurangiza cyangwa niba yahitamo guhaguruka akibirwanya, akarwanira ikimufitiye akamaro.

Perezida Kagame yavuze ko yafashe icyo cyemezo cyo guhaguruka akarwanya ikibi kandi ko hari n’abandi benshi bari bari kumwe icyo gihe.

Mu gihe cyo kurwana ngo ntiyigeze atekereza ko azaba Perezida kuko hari indi mpamvu yarwaniraga kandi y’ukuri.

Icyakora yemeza ko kuba muri iki gihe ari Perezida bimuha inshingano zo kuba umuyobozi wirinda gukora amakosa yatuma bamwe baba impunzi abandi bakabura ubuzima.

Ati: “Nibyo biba biri mu ntekerezo zanjye iyo ndi mu nshingano zanjye, ndi umunyeshuri mwiza w’amateka”.

Ayo mateka kandi Kagame avuga ko yatumye Abanyarwanda baba abantu bakomeye, bakomejwe nayo kandi ko ibyo bizatuma abana b’u Rwanda bazakurira mu gihugu cyiza kurusha abo bakomokaho.

Paul Kagame avuga ko buri munsi abakuru mu Rwanda baganira n’abakiri bato bakababwira ko nta kintu bakwiye gufata nk’aho gisanzwe, ko bagomba gutekereza kubyo bifuza kuzageraho.

Kuri we, ibiri gukorwa mu Rwanda rw’ubu byerekana ko abakiri bito bari gutegura igihugu kizaba ari cyiza kurusha uko byagenze mu mateka yacyo ya vuba aha.

President Kagame shares Rwanda's journey of socio-economic transformation at the Milken Asia Summit #MIGlobal pic.twitter.com/uLfrVVQQjr

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) September 19, 2024

Twabibutsa ko Perezida Kagame ari muri Singapore aho yitabiriye  inama mpuzamahanga iri kuhabera kandi akaba ateganya kugirana ibiganiro na Perezida w’iki gihugu witwa Tharman Shanmugaratnam.

TAGGED:AbatutsiAmatekafeaturedImpunziInkambiIntambaraJenosideKagameRwandaSingaporeUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruri Gukingira Ubushita Bw’Inkende
Next Article Tshisekedi Yeretswe Ibyavuye Mu Biganiro Bya Luanda Biheruka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?