Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa Burashinjwa Gukingira Ikibaba Abishe Khashoggi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa Burashinjwa Gukingira Ikibaba Abishe Khashoggi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2021 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uyu mugabo yari azi byinshi ku bwami bwa Arabie Saoudite
SHARE

Iyicwa ry’umunyamakuru wa The Washington Post witwa Jamal Khashoggi wishwe Tariki 02, Ukwakira, 2018 ryabaye inkuru ikomeye ku isi. Hari inyandiko z’ibanga ziherutse gutangazwa zemeza ko inzego z’ubutasi z’u Bufaransa zafashe umwe mu bishe Khashoggi ariko ziza kumurekura.

Hari abanenze ibyo inzego z’ubutasi z’u Bufaransa zakoze bakemeza ko ari ubufatanyacyaha.

Jamal Khashoggi yishwe aciwemo ibice bitabwa muri acide k’uburyo ntawigeze abona umubiri we ngo ushyingurwe.

Yapfuye afite imyaka 59 y’amavuko, yicirwa muri Ambasade ya Arabie Saoudite iri i Istanbul.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yishwe n’itsinda ry’abantu 15 bivugwa ko bari boherejwe n’ubwami bwa Arabie Saoudite.

Bamwe mubo inzego z’iperereza za Turikiya zishinja urupfu rwa Jamal Khashoggi

Mu nyandiko ze Jamal Khashoggi yakundaga kwandika anenga ubwami bwa Arabie Saoudite yakoreye igihe kirekire kuko ari naho yakomokaga.

Abamwishe bamuteze igico aje kwaka impapuro muri Ambasade zari bumwemerere gushakana n’umukobwa wo muri Turikiya bari bamaze igihe bakundana kuko yari atakibana n’umugore we wa mbere.

Uwo mukunzi we yari yamuherekeje, asigara mu busitani bwa Ambasade ategereje ko uwo yihebeye ari bugaruke bagataha bakajya kwishimira icyo gikorwa ariko aramutegereza ikirari kiruma.

Tugarutse kuri wa mugabo wafashwe n’u Bufaransa, amakuru avuga ko yafatiwe mu Bufaransa ubwo yai agiye kurira indege.

- Advertisement -

Uwo mugabo bivugwa ko yafatiwe mu Bufaransa akaza kurekurwa mu buryo buzwi na bacye yitwa Khaled Aedh Alotaibi.

Khaled Aedh Alotaib

Ni umugabo ukiri muto kuko afite imyaka 33 y’amavuko akaba yari umwe mu bashinzwe kurinda ab’ibwami.

Itsinda ririnda ab’ibwami bwa Arabie Saoudite ryitwa Saudi Royal Guard Regiment.

Khaled Aedh Alotaibi asanzwe yarakumiriwe kwinjira muri Leta zunze ubumwe z’Amerika no mu Bwongereza.

Turikiya yasabye Arabie Saoudite kumwohereza i Istanbul ngo inkiko zimuburanishe ariko iyibera ibamba!

Yavugaga ko uriya mugabo agomba kuzaburanishwa n’inkiko z’i Riyadh.

Yafatiwe ku kibuga cy’i Paris baramurekura…

Ibinyamakuru by’i Paris biherutse gutangaza ko uriya mugabo yafatiwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Charles de Gaulle ashaka kujya muri Arabie Saoudite.

Yafashwe saa tatu za mu gitondo ku isaha y’i Paris.

N’ubwo uriya mugabo yafashwe agashyirwa ahantu acungiwe umutekano ngo habanze hasuzumwe niba  ari we koko, bidatinze ubutegetsi bw’i Riyadh bwabwiye ubugenzacyaha bw’u Bufaransa ko umuntu bwafashe bumwita Alotaibi atari we, ko bwamwibeshyeho bityo ko igikwiye ari uko arekurwa.

Ikinyamakuru cyandika inkuru z’ubutasi kitwa IntelNews.org cyanditse ko ubushinjacyaha bwageze aho buramurekura.

Umushinjacyaha wamufashe yabwiye abanyamakuru ati: “ Ubugenzuzi twakoze bwaje gusanga uwo twari twafashe tumwita Alotaibi atari we, twari twamwibeshyeho. Icyagombaga gukurikira ni ukumurekura.”

Ese umubano Perezida Macron ashaka kugirana n’igikomangoma cyarazwe ingoma ya Arabie Saoudite Mohammad Bin Salman waba waragize uruhare mu kurekurwa k’uriya mugabo cyangwa koko byatewe n’uko bamwibeshyeho?

Byombi birashoboka!

Abacyeka ko umubano wa Macron na Bin Salman waba waragize uruhare mu kurekurwa kw’uriya mugabo babishingira ku ruzinduko aherutse kugirira mu bwami bwa Arabie Saoudite aho yibonaniye imbonankubone na Bin Salman.

Niwe muyobozi w’igihugu gikomeye mu Burayi wahuye na Bin Salman kuva iby’iyicwa rya Khashoggi byavugwa mu mpera z’umwaka wa 2018.

Aha kandi ni ngombwa kwibuka ko amakuru afitiwe gihamya yemeza ko Bin Salman ari we watanze amabwiriza yo kwica Jamal Khashoggi.

Al Jazeera ivuga ko Macron na Bin Salman baganiriye ibyerekeye uko ibintu byifashe mu Karere Arabie Saoudite iherereyemo ndetse n’umutekano mucye uri kwiyongera muri Liban.

Yageze muri Arabie Saoudite akubutse muri Leta ziyunze z’Abarabu no muri Qatar.

Abazi byinshi bazabazwa byinshi…

Jamal Khashoggi yari umunyamakuru watangiye uwo mwuga mu mwaka wa 1983.

Guhera icyo gihe, yakoreye ibinyamakuru bitandukanye birimo iby’iwabo muri Arabie Saoudite ndetse nyuma aza no gukorera The Washington Post.

Ibyo yakoreye muri Arabie Saoudite ni Saudi Gazette, Okaz, akomereza ku binyamakuru Asharq-Al-Awasat, Al Majalla na Al Muslimoon.

Muri aka kazi yaje kuba icyamamare ndetse atangira gukorana n’Urwego rw’iperereza rwa Arabie Saoudite mu Cyongereza bita Saudi Arabian Intelligence Agency.

Bivugwa ko muri iyi mikoranire yaje no gukorana n’inzego z’ubutasi z’Amerika cyane cyane mu gihe Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete zagabaga ibitero muri Afghanistan.

Imikoranire ya Khashoggi n’inzego z’ubutasi za Arabie Saoudite n’Amerika zatumye amenya byinshi mu byo ubutegetsi bw’ibi bihugu bwakoraga.

Yari afite ubumenyi ku byaberaga mu bihugu nka Afghanistan, Algeria, Kuweit na Sudan.

Aha muri Sudani bivugwa ko yigeze kuhahera Oussama Bin Laden ikiganiro ubwo yari yatumwe na Al Jazeera.

Nyuma y’aka kazi k’itangazamakuru yakoreye mu bihugu by’Abarabu bikamugira icyatwa, yaje kutumvikana n’ubutegetsi bwa Arabie Saoudite, bituma abuhunga.

Aho agereye muri Amerika, yabonye akazi ko kujya yandika inkuru z’ibitekerezo muri The Washington Post.

Inkuru ze akenshi zajoraga uko Arabie Saoudite iyobowe, akavuga ko ubutegetsi bw’umwami Salman bin Abdulaziz Al Saud n’umuhungu we Muhamed Bin Salman butubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Yavugaga ko abatuye Arabie Saoudite bagombye guhabwa uburenganzira bwo kwishyira bakizana, aho guhora bakorera ‘kuri baranyica.’

Jamal Khashoggi yavugaga ko Arabie Saoudite ihora ishaka kuruta Qatar bigatuma igira imyitwarire idakwiye imbere y’igihugu cy’abaturanyi.

Iyi mikorere ya Jamal Khashoggi ivugwa ko ari yo yatumye ubwami bwa Arabie Saoudite butegura uko yazicwa, kandi bigakorwa mbere y’uko igikomangoma Bin Salman kima ingoma.

Igikomangoma Bin Salman

Ibi niko byagenze ndetse n’ubutegetsi bwa Arabie Saoudite bwaje kwemera ko yishwe.

TAGGED:ArabieBufaransafeaturedKhashoggiMacronSalmanSaouditeUbwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndabizi Ko Hari Abo Turi Bufate Bataragera Mu Ngo Saa Yine-CP Kabera
Next Article Umukinnyi Wa APR FC Wari Umaze Igihe Adakina Yasubukuye Imyitozo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?