Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa Bwafunguye Utubyiniro Nyuma y’Igihe Gisaga Umwaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa Bwafunguye Utubyiniro Nyuma y’Igihe Gisaga Umwaka

Last updated: 15 July 2021 6:18 pm
Share
SHARE

Mu gihe mu bihugu byinshi amabwiriza akomeje gukazwa mu gukumira ikwirakwira rya COVID-19, Guverinoma y’u Bufaransa yemereye utubyiniro kongera gufungura nyuma y’amezi hafi 16 dufunze, guhera ku wa 14 Werurwe 2020.

Icyemezo gifungura utubyiniro guhera muri izi mpera z’iki cyumweru giteganya ko tugomba kwakira 75% by’ubushobozi dufite, kandi tukakira gusa abafite icyiswe “health passport”, ni ukuvuga kode (QR code) ishobora gusomwa na telefoni igezweho cyangwa igikoresho cyabigenewe.

Izaba igaragaza ko nyirayo aheruka gukira Covid-19, yakingiwe byuzuye cyangwa yipimishije mu masaha 48 ashize bikagaragara ko ari muzima.

Kugeza ubu umwe mu bantu batanu bafite hagati y’imyaka 18 na 29 mu Bufaransa bamaze gukingirwa.

Urwego rushinzwe ubucuruzi mu Bufaransa rwatangaje ko 2% by’utubyiniro two mu Bufaransa ari two tumaze gutangaza ko tugiye gufungura imiryango, nk’uko France 24 yabitangaje.

Gusa mu itangazo rwasohoye, rwavuze ko nk’utubyiniro two mu mujyi wa Rennes mu burengerazuba bw’igihugu twose twiyemeje gukomeza gufunga, kubera ko icyiciro cy’abantu batujyamo kitarakingirwa mu buryo buhagije.

Zimwe mu mbogamizi utubyiniro twasubukuranye imirimo ni ukutagira abakozi bakenewe ngo imirimo ikomeze, kuko bamwe bagiye mu yindi mirimo cyane ko batari kwihanganira gutegereza ko leta yongera gukomorera utubyiniro kandi bakeneye amafaranga.

Guverinoma iteganya gukomeza kugenera inkunga utubyiniro tuzakomeza gufunga, kugeza nibura mu mpera z’impeshyi.

Mu tubyiniro tugera mu 1,600 twabarwaga mu Bufaransa, nibura utugera muri 200 twahisemo gufunga burundu, mu gihe utundi 200 tugeze mu cyiciro cyo guhomba ubutabyuka.

Zimwe mu nkunga leta yagiye itanga harimo gufasha abakozi gukemura ibibazo by’ibanze nko gukodesha inzu, kwishyura fagitire z’amazi n’amashanyarazi no guhabwa inguzanyo zishingiwe na leta.

 

 

TAGGED:COVID-19u BufaransaUtubyiniro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Delta, Mu Rwanda Habonetse Izindi Coronavirus Zihinduranyije
Next Article Abantu Hafi 180 Bararembye Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?