Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa Bwafunguye Utubyiniro Nyuma y’Igihe Gisaga Umwaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa Bwafunguye Utubyiniro Nyuma y’Igihe Gisaga Umwaka

admin
Last updated: 15 July 2021 6:18 pm
admin
Share
SHARE

Mu gihe mu bihugu byinshi amabwiriza akomeje gukazwa mu gukumira ikwirakwira rya COVID-19, Guverinoma y’u Bufaransa yemereye utubyiniro kongera gufungura nyuma y’amezi hafi 16 dufunze, guhera ku wa 14 Werurwe 2020.

Icyemezo gifungura utubyiniro guhera muri izi mpera z’iki cyumweru giteganya ko tugomba kwakira 75% by’ubushobozi dufite, kandi tukakira gusa abafite icyiswe “health passport”, ni ukuvuga kode (QR code) ishobora gusomwa na telefoni igezweho cyangwa igikoresho cyabigenewe.

Izaba igaragaza ko nyirayo aheruka gukira Covid-19, yakingiwe byuzuye cyangwa yipimishije mu masaha 48 ashize bikagaragara ko ari muzima.

Kugeza ubu umwe mu bantu batanu bafite hagati y’imyaka 18 na 29 mu Bufaransa bamaze gukingirwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urwego rushinzwe ubucuruzi mu Bufaransa rwatangaje ko 2% by’utubyiniro two mu Bufaransa ari two tumaze gutangaza ko tugiye gufungura imiryango, nk’uko France 24 yabitangaje.

Gusa mu itangazo rwasohoye, rwavuze ko nk’utubyiniro two mu mujyi wa Rennes mu burengerazuba bw’igihugu twose twiyemeje gukomeza gufunga, kubera ko icyiciro cy’abantu batujyamo kitarakingirwa mu buryo buhagije.

Zimwe mu mbogamizi utubyiniro twasubukuranye imirimo ni ukutagira abakozi bakenewe ngo imirimo ikomeze, kuko bamwe bagiye mu yindi mirimo cyane ko batari kwihanganira gutegereza ko leta yongera gukomorera utubyiniro kandi bakeneye amafaranga.

Guverinoma iteganya gukomeza kugenera inkunga utubyiniro tuzakomeza gufunga, kugeza nibura mu mpera z’impeshyi.

Mu tubyiniro tugera mu 1,600 twabarwaga mu Bufaransa, nibura utugera muri 200 twahisemo gufunga burundu, mu gihe utundi 200 tugeze mu cyiciro cyo guhomba ubutabyuka.

- Advertisement -

Zimwe mu nkunga leta yagiye itanga harimo gufasha abakozi gukemura ibibazo by’ibanze nko gukodesha inzu, kwishyura fagitire z’amazi n’amashanyarazi no guhabwa inguzanyo zishingiwe na leta.

 

 

TAGGED:COVID-19u BufaransaUtubyiniro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Delta, Mu Rwanda Habonetse Izindi Coronavirus Zihinduranyije
Next Article Abantu Hafi 180 Bararembye Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?