Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 10:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yemeje ko ingendo zemewe kuva saa kumi za mu gitondo kugeza saa yine z’ijoro, mu gihe zasozwaga saa tatu z’ijoro.

Ni umwe mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu.

Gusa iyi nama yemeje ko mu turere tw’Intara y’Amajyepfo turimo Ruhango, Nyanza, Huye, Gisaragara, Nyaruguru na Nyamagabe, ingendo zitagomba kurenza saa moya z’ijoro.

Ingendo hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali zizakomeza. Umubare w’abagenzi imodoka rusange zitagomba kurenza wavuguruwe zemererwa gutwara 75% by’ubushobozi bwazo, mu gihe zari zemerewe 50%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inama zihuza abantu zizakomeza, ariko umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira inama bw’aho bakoraniye. Iyo barenze 20 basabwa kwipimisha COVID-19.

Muri aya mabwiriza harimo ko insengero zahawe uburenganzira bwo gukora zishobora kwakira abantu kugeza kuri 50% ugereranyije n’ubushobozi bwazo, mu gihe zari zemerewe 30%.

Iyi nama y’abaminisitiri kandi yemeje ko resitora na Café zizakomeza kwakira abantu batarenze 50%, kandi ntizirenze saa tatu z’ijoro.

Ku bijyanye n’ubukwe, hemejwe ko abantu bashobora kubwitabira batarenga 30, mu gihe habarwaga 20. Ibirori byo kwiyakira ariko birabujijwe.

Hemejwe ko n’abitabira ikiriyo batagomba kurenga abantu 30, mu gihe habarwaga 10 bashoboraga kucyitabira icyarimwe.

- Advertisement -

Muri iyi myanzuro, inzu zikorerwamo siporo zizwi nka Gyms zakomorowe.

Imyanzuro ikomeza iti “Ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gyms) bizafungurwa mu byiciro, gahunda y’ifungura izatangazwa na Minisiteri ya Siporo nyuma yo kugenzura ko byubahirije ingamba zo kwirinda COVOD-19.”

Pisine na spa bizakomeza gufungwa, icyakora abacumbitse muri hotel bemerewe gukoreramo siporo, berekanye ko bipimishije COVID0-19.

Muri ayo mabwiriza harimo ko mu gihe igihugu cy’u Buhinde gikomeje kwibasirwa n’ubwandu bushya bwa COVID-19, abagenzi bavayo bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi ahantu hateganyijwe, kandi bakiyishyurira ikiguzi cyose.

TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredingendoinsengeroKigaliUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda
Next Article Imirenge Ibiri Yashyizwe Muri Guma Mu Rugo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?