Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burundi Buvuga Ko Bwamenye Icyo Bupfa N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Burundi Buvuga Ko Bwamenye Icyo Bupfa N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2021 2:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye aherutse kubwira abayobozi bakuru mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD bari bateranye ngo batore Umuyobozi waryo yababwiye ko u Burundi n’u Rwanda byamenye icyo bipfa bityo ko ejo ibihugu byombi bizabana amahoro.

Umubano w’ibihugu byombi watangiye kuba mubi muri 2015 ubwo mu Burundi habaga igikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza ariko umugambi ugapfuba.

Uburundi bwashinje u Rwanda gushyigikira abari bacuze uriya mugambi, ariko u Rwanda rurabihakana.

Nyuma y’amatora yabaye muri uriya mwaka agatsindwa na Pierre Nkurunziza ariko ntavugweho rumwe, hari Abarundi benshi bahungiye mu Rwanda, u Burundi bukarushinja ko rucumbikiye abari bateguye umugambi wo guhirika Nkurunziza.

Kubera ko u Burundi bufite Umukuru wabwo mushya, hari ikizere ko Politiki yahinduka ibihugu byombi bikabana amahoro cyane cyane ko n’impunzi z’Abarundi zabaga mu Rwanda zatangiye gutaha iwabo.

Mu ijambo yagejeje ku bo yita ‘Abagumyabanga ba CNDD-FDD’, Perezida Ndayishimiye yagize ati: “Ubu bimaze kumenyakana y’uko icyo dupfa cyamaze kumenyekana abakizi tukizi  kandi bagikuye mu nzira[Abanyarwanda] kandi murabizi ko ari abavandimwe. U Rwanda dusangiye byinshi, dusangiye ururimi dusangiye imico, ntibibereye y’uko twaguma kuryana… Njye mfite icyizere gukomeye ko igihugu cy’u Rwanda ejo tuzaba dukundana kuko ubu twamaze kubona icyo dupfa turakizi.”

U Rwanda ntiruragira icyo rutangaza ku byo Perezida Evariste Ndayishimiye yaruvuzeho.

Abanyapolitiki ku mpande zombi bifuza umubano…

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi Ambasaderi Albert Shingiro aherutse gusura u Rwanda abonanira na mugenzi we Dr Vincent Biruta i Nemba mu Bugesera.

Icyo gihe nawe yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe bafite byinshi bahuriyeho. Hari tariki 10, Ukwakira, 2020.

Minisitiri Shingiro yavuze ko n’ubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi wari umaze igihe utameze neza(guhera muri 2015), ariko u Burundi bwifuza ko waba mwiza.

Yagize ati: “ Leta y’u Burundi yifuza ko imigenderanire twogerageza kuyinagura[kuyinoza] kugira ngo dusubire kubana neza nka mbere.”

Ambasaderi Shingiro

Shingiro yavuze ko bitari ngombwa ko hagira uhuza Abanyarwanda n’Abarundi kuko ‘baziranye cyane.’

Akavuga ko bashobora kwikemurira ibibazo bitabaye ngombwa ko habaho umuhuza.

Mugenzi we wo ku ruhande rw’u Rwanda Dr Vincent Biruta yavuze ko ibyo impande zombi ziganira biba bigamije guteza imbere abatuye ibihugu byombi.

Yavuze ko kuba ibihugu byombi byarahuye kugira ngo biganire uko byakemura ibibazo bifitanye yari intambwe ya mbere kandi ko izakurikirwa n’izindi.

Perezida Paul Kagame nawe yigeze kuvuga ko u Rwanda rushaka kubana neza n’abaturanyi barwo harimo n’u Burundi.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwifuza kubana neza n’u Burundi

Mu kiganiro yahaye Jeune Afrique tariki 30, Kamena, 2020 yavuze ko hari ikizere ko u Rwanda n’u Burundi bishobora kuzabana neza ariko ko bizaterwa n’ubushake bw’impande zombi.

Yavuze ko ubushake bwo kubana neza n’u Burundi bugomba kugirwa n’abayobozi bashya babwo kugira ngo buri ruhande rubigiremo uruhare kubera inyungu rubifitemo.

Umuhanga mu Mateka avuga ko Abarundi n’Abanyarwanda bafitanye isano kuri byose…

Prof Déo Byanafashe avuga ko amateka ya kera cyane yerekana ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe bafitanye isano kuri byose.

Yabwiye Taarifa ko kuba Abarundi n’Abanyarwanda baganira bakumvikana bitaye ku by’impanuka ahubwo ko byatewe n’uko ari abavandimwe.

Yatubwiye ko amateka ya Kera [n’ubwo ngo ntawurabyandika] yerekana ko abaturage bagiye gutura mu Burundi bari baturutse mu Rwanda, bityo  akavuga ko Abarundi ari Abanyarwanda baruvuyemo bajya kuhatura.

Uko byaba byaragenze kose, Prof Byanafashe avuga ko guhuza Abarundi n’Abanyarwanda bakabana neza ari ibyo gushyigikirwa kuko n’ubundi ari abavandimwe.

TAGGED:BurundiCNDD-FDDfeaturedNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Frank Lampard Watozaga Chelsea Yirukanywe
Next Article Riderman Yifurije Miss Jolly Ikaze Mu Bisumizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?