Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Bwafatiye Abimukira Ikindi Cyemezo Gikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bwongereza Bwafatiye Abimukira Ikindi Cyemezo Gikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2022 11:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko bukomwe mu nkokora n’Icyemezo cy’Urukiko rw’u Burayi kitambitse ibyo kohereza abimukira mu Rwanda, Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko igiye kujya ishyira ikimenyetso ku bimukira baza muri kiriya gihugu kugira ibona uko ibacungira hafi.

Ni icyemezo kizashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’amezi 12 mu rwego rwo kumenya aho baza baturuka, imihanda bacamo ndetse no gukurikirana uko babayeho mu Bwongereza.

Hari nyandiko zabonywe na The Reuters zivuga ko Guverinoma y’u Bwongereza ishaka kugira amakuru ahagije ku bimukira bahaza muri kiriya gihugu no gukomeza kubacungira hafi.

Ku byerekeye kuzana abimukira mu Rwanda, Guverinoma ya Borris Johnston ivuga ko itigeze izibukira uriya mugambi ndetse ngo hari ibiri kuwutegurwaho.

N’ubwo bivugwa gutya ariko, kuri uyu wa Gatanu amakuru yavuga i London yavugaga ko mu byumba abanyapolitiki baganiriramo havugirwamo ko bafite impungenge z’uko Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu ruzakomeza kwitambika ibyemezo by’u Bwongereza igihe cyose buzaba bukiri umunyamuryango warwo.

Niyo mpamvu mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ndetse no mu Nteko ishinga amategeko y’iki gihugu hari gusuzumwa niba nta buryo u Bwongereza bwazava muri ruriya rukiko cyangwa niba nta kuntu bwazajya bukora ibyo bwiyemeje bititaye ku byemezo by’abacamanza b’i Strasbourg mu Bufaransa aho ruriya rukiko rukorera.

Priti Patel yabwiye The Daily Telegraph ati: “ Tuzashaka uburyo twakwigobotora ibya kiriya cyemezo.”

 

U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedPatelRwandaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo u Rwanda Rushaka Kurwana Na DRC- Minisitiri Biruta
Next Article Hibutswe Abatutsi Bajugunywe Mu Kiyaga Cya Muhazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?